00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya ku mavugurura y’umuhanda Giporoso-Masaka

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré, Mugisha Christian
Kuya 2 February 2025 saa 07:59
Yasuwe :

Iyo havuzwe umuvundo w’imodoka nubwo uba henshi, abenshi bahita batekereza ugaragara mu Muhanda Giporoso - Masaka, kuko haba ku manywa y’ihangu, ku mugoroba no mu masaha y’ijoro haba huzuye imodoka zabuze aho zinyura kubera gukoreshwa cyane.

Iyi niyo mpamvu Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kuvugurura uyu muhanda mu buryo bugezweho, ndetse hakubakwa n’imihanda yo mu kirere itari isanzwe kugira ngo ingendo muri uwo muhanda zoroshywe.

Gahunda yo kuvugurura uyu muhanda imaze igihe kinini kuko muri Kamena 2019, Guverinoma y’u Rwanda yagiranye n’iy’u Bushinwa amasezerano y’impano ya miliyoni 42,8$ yo kwifashisha mu kuyishyira mu bikorwa.

Kugeza ubu mu inyingo y’uko umuhanda uzaba uteye yararangiye.

Ubwo yari ari kuri RBA, Umuyobozi w’Agateganyo ushinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga muri RTDA, François Gihoza Mivugo, yavuze ko mu mpera za Gashyantare cyangwa mu ntangiriro za Werurwe 2025, rwiyemezamirimo uzawukora azaba yamaze kuboneka.

RTDA igaragaza ko uyu muhanda ureshya n’ibilometero 10,3 uzahabwa ibice bine. Ubusanzwe wari ufite ibice bibiri binyuramo ibinyabiziga bijya mu byerekezo binyuranye.

Uzashyirwaho igice cyo hejuru mu rwego rwo kugabanya umuvundo uwugaragaramo. Ni igice kizaba kireshya na kilometero 1,3.

Kizava ahazwi nko kuri Prince House i Remera ku gahanda kava kuri Stade Amahoro kinjira mu muhanda mugari, ugere ahazwi nko ku Cyamitsingi mu Karere ka Gasabo, ku masangano y’umihanda irimo ujya ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali n’undi ujya i Masaka.

Icyo gice kizaba kigizwe n’imihanda ine (ibiri yo hasi n’indi nk’iyo yo hejuru) buri umwe ufite ibisate bibiri.

Hari ikindi gice kigizwe n’ibilometero icyenda, kigizwe n’umuhanda uzaba ufite ibice bine buri cyerekezo gifite bibiri. Uzahera ku Cyamitsingi ugere ku Bitaro bya Masaka.

Mivugo ati “Ibyo birumvikana ko bizagabanya umuvundo w’imodoka ukunda kugaragara muri ibyo bice mu buryo bugaragara.”

Yavuze ko kugira ngo hagerwe ku rugero rwo kubaka imihanda yo mu kirere biba byatewe n’imodoka nyinshi, ariko ko bikorwa mu byiciro byagenwe bijyanye n’uko imodoka ziyongera.

Yatangaje ko bitangirira ku masangano y’umuhanda asanzwe arangwa n’ibyapa hamwe imodoka zimwe zihagarara izindi zigakomeza.

Iyo ibyapa bitagifasha hashyirwaho amatara y’umuhanda afasha mu kugabanya umuvundo (feu rouge) kuko ibyapa biba bidahagije, byagera n’aho ayo matara atagifasha hagashyirwaho ‘rond point’.

Ati “Bitewe n’ingano y’imodoka zigenda ziyongera, na ‘rond point’ ntifashe mu gukemura umuvundo w’imodoka bisaba ko hakorwa imihanda inyura hejuru y’indi. Ubu ni cyo kigero tugezeho.”

Kugira ngo iyubakwa ry’umuhanda ritazabangamira ibikorwa bisanzwe, Mivugo yavuze ko hazarebwa uburyo buzafasha kugira ngo imirimo yo kubaka ikomeze ariko n’ibikorwa bisanzwe bikomeze.

Ati “Urumva ko tugiye kuwukuba kabiri. Muri gahunda ikunze gukoreshwa utangirira ku gice kimwe ikindi kikaba gikoreshwa, cyarangira ukajya ku kindi, cyangwa ugahera ku mihanda yo hejuru kugira ngo wirinde kubikorera rimwe bikaba byateza ibibazo.”

Ku bijyanye n’igice cy’umuhanda cyegereye kuri Pariki ya Nyandungu, gihora cyangizwa n’amazi y’igishanga, hakagenda hazamo ibinogo buri gihe hagasanwa ariko ntihaboneke igisubizo kirambye, Mivugo yavuze ko nubwo inyingo itaremezwa hari uburyo bubiri bwateganyijwe.

Ati “Umuhanda uhari wari usanzwe ari muto noneho tugiye kuwagura. Hari ukuwagura tujya haruguru […], hari no kubaka mu gishanga kuko na byo birashoboka, bibaho, birakorwa ariko hari igiciro bisaba. Ni ibyo bibiri tuba tugereranya harebwa icyafasha kurusha ahandi.”

Uyu muhanda uri kujyana n’indi mishinga yo kuvugurura amasangano y’imihanda, arimo irya ahazwi nka Chez Lando, iriri ku Gishushu mu Karere ka Gasabo ndetse n’irindi riri Sonatubes mu Karere ka Kicukiro. Azatwara arenga miliyoni 100$ zatanzwe na Banki y’Amajyambere ya Afurika, bigateganywa ko mu myaka itatu iri imbere iyo mishinga izaba igeze ku musozo.

Kuva kuri Prince House i Remera ku gahanda kava kuri Stade Amahoro kinjira mu muhanda mugari ukagera ahazwi nko ku Cyamitsingi, hazashyirwa umuhanda ugendera hejuru mu rwego rwo kugabanya umuvundo uwugaragaramo. Ni igice kizaba kireshya na kilometero 1,3
Aha niho zingiro rya byose kuko umushinga wo kuvugurura umuhanda Giporoso - Masaka ari ho uzatangirira
Iki gice cy'umuhanda gituruka mu Giporoso cyereza ku Cyamitsingi kiri mu hazavugururwa
Uyu muhanda ukomeza ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, wo nturi mu hazavugururwa
Uyu ni umuhanda w'ahazwi nko ku Cyamitsingi
Aha ni ku masangano y’umihanda irimo ujya ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali n’undi ugera i Masaka ari nawo uzavugururwa
Aha ni muri metero nke, uvuye aho umuhanda uzatangira kuvugururirwa
Aha ni hepfo gato y'ahazwi nko ku Cyamitsingi ahazahera amavugurura y'uyu muhanda
Iyo uhagaze kuri iki gice cy'umuhanda uba witegeye mu Cyanya cyahariwe Inganda i Masoro. Naho hazatunganywa
Muri uyu mushinga, biteganyijwe ko uyu muhanda utazahangarwa n'amazi ukundi ubwo uzaba umaze gusanwa
Umushinga wa mbere wo gutangira kuvugurura uyu muhanda watangajwe mu 2019
Nubwo uyu muhanda usanwa inshuro nyinshi, ariko amazi y'igishanga akomeza kuwangiza
Kubera amazi y'igishanga, ibice bimwe na bimwe by'uyu muhanda byarangiritse
Uyu muhanda wo ku Ruganda rwa Inyange ruherereye ahazwi nka 19 nawo uzitabwaho muri uyu mushinga
Aha uba umaze kurenga kuri 15 werekeza kuri 19. Naho hazavugururwa
Mu masaha yo kujya no kuva ku kazi, uyu muhanda urangwa n'umuvundo ukabije w'imodoka
Uyu muhanda ushobora kwagurirwa ku gice cyawo cya ruguru cyangwa cyo hepfo ahasanzwe igishanga
Aha uba uturuka kuri 15 ugana i Remera
Iyo bigeze mu masaha y'igitondo cyangwa ay'umugoroba, nibwo bigaragarira buri wese ko uyu muhanda ari muto
Aha naho hari mu gice kizavugururwa. Ni umuhanda uva kuri 12 ugana kuri 15

Amafoto: Kwizera Herve


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .