00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitaro bya gisirikare by’u Rwanda bigiye kuva mu nshingano za Minisiteri y’Ingabo

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 28 May 2024 saa 10:17
Yasuwe :

Abadepite batoye itegeko rigenga ingabo z’u Rwanda nyuma yo kwemeza ubugororangingo bwari bwakozwe na Sena, bahamya ko Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda [RMH] bidakwiye kuba mu nzego n’ibigo by’Ingabo z’u Rwanda birebererwa na Minisitiri w’Ingabo.

Tariki 23 Gicurasi ni bwo hashyizweho komisiyo ihuriweho n’imitwe yombi yari igamije kwiga ku bugororangingo bwakozwe na Sena y’u Rwanda ku itegeko rigenga Ingabo z’u Rwanda, ariko ntibwemerwe n’Abadepite.

Mu ngingo basuzumye harimo iya 23 ivuga ku nzego n’ibigo by’Ingabo z’u Rwanda birebererwa na Minisiteri y’Ingabo. Nubwo iyi ngingo nta bugororangingo yari yakorewe, Abadepite basanze ari ngombwa ko inononsorwa neza.

Depite Muzana Alice wari uyoboye Abadepite bari muri iyi komisiyo yagize ati “Hasabwaga ko Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda bikurwa mu nzego n’ibigo birebererwa na Minisitiri, hemezwa ko agace ka (f) mu ngingo ya 23 ari ko kavugaga Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda ko bikurwamo kubera ko nyuma yo gushyiraho icyiciro cy’ingabo zishinzwe ubuzima, ibitaro bya gisirikare bifatwa nk’umwe mu mitwe y’ingabo kandi imitwe y’ingabo z’u Rwanda ntirebererwa na Minisitiri. Ako gace rero kavuyemo.”

Itegeko riteganya ko buri musirikare mu Ngabo z’u Rwanda agira umutwe w’ingabo abarizwamo.

Risobanura ko Umutwe w’Ingabo ari “itsinda ryose ryemewe mu Ngabo z’u Rwanda kuva ku rwego rwa Batayo cyangwa ikingana na yo kuzamura.”

Iteka rya Perezida rigenga Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda ryo ku wa 26 Ukwakira 2022 riteganya ko “RMH irebererwa na Minisiteri ifite ingabo mu nshingano.”
Biteganyijwe ko Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ari we wenyine ushobora gushyiraho umutwe mushya mu Ngabo z’u Rwanda, abisabwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda.

Izindi ngingo zasuzumwe zirimo iya gatandatu ivuga ku byerekeye indahiro, aho Sena yari yatoye ko itsinda ry’amagambo avuga indahiro rikurwa muri iyi ngingo kuko nta rindi tegeko rigaragaramo indahiro.

Depite Muzana yagaragaje ko nyuma yo kubisesengura basanze iyi ngingo igomba kuguma uko Sena yari yayikoreye ubugororangingo.

Iri itegeko rikubiyemo ingingo 38 zishimangira impinduka zigaragara mu Ngabo z’u Rwanda harimo ibijyanye n’imiyoborere y’ingabo z’u Rwanda.

Inteko rusange y’umutwe w’Abadepite yemeje iyi raporo ndetse itegeko rigenga ingabo z’u Rwanda ritorwa n’abadepite 61, nta waryanze kandi nta wifashe.

Ibitaro by Gisirikare by'u Rwanda ntibizajya birebererwa na Minisitiri w'Ingabo kuko ari umutwe ugize imitwe y'ingabo z'igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .