00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urujya n’uruza hagati ya Rubavu na Goma ku mupaka wa Petite Barrière rwasubukuwe

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 5 February 2025 saa 07:01
Yasuwe :

Ibikorwa by’ubucuruzi bwambukiranya imipaka ku bakorera mu Karere ka Rubavu no mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo banyuze ku mupaka wa Petite Barrière, byasubukuwe.

Ni nyuma y’icyumweru kimwe gusa umutwe wa M23 wigaruriye Umujyi wa Goma.

Mbere y’uko M23 ifata uwo mujyi, Ubuyobozi bwa RDC bwari bwafunze umupaka muto uhuza u Rwanda n’icyo gihugu uzwi nka Petite Barrière.

Ibyo byari byakozwe hagamijwe gukumira abaturage bo muri RDC bari bakomeje guhungira mu Rwanda kubera imirwano yari hagati y’ingabo za FARDC n’imitwe bafatanyije ndetse n’ingabo za SADC, iz’u Burundi, FDLR, Wazalendo n’Abacanshuro b’Abanyaburayi.

Nyuma y’urugamba rukomeye rwasize Umutwe wa M23 wigaruriye Umujyi wa Goma ndetse abarwanyi b’uwo mutwe bahita batangira gucunga umutekano ku mupaka w’u Rwanda na RDC.

Umutekano watangiye kugaruka mu buryo busesuye mu Mujyi wa Goma nyuma y’aho abarwanyi ba M23 bahanganye bagatsinda abasirikare ba FARDC hamwe n’indi mitwe bafatanyije, bari banze kuva ku izima.

Amakuru agaragaza ko umupaka wa Petite Barrière wongeye gufungurwa ndetse n’urujya n’uruza rw’abaturage berekeza mu Mujyi wa Goma cyangwa abavayo rwongera kugaragara.

Biteganyijwe ko abaturage bazajya bawukoresha ariko ufungwe saa cyenda z’umugoroba.

Mu mpera z’icyumweru gishize IGIHE yatembereye Umujyi wa Goma mu bice bitandukanye. Kuva ku mupaka w’u Rwanda na RDC wa La Corniche, kugera mu Bilele, Gouvernorat, Quartiers les volcans n’ahandi, hari umwuka udasanzwe.

Abaturage basubukuye ibikorwa byabo nk’ibisanzwe nubwo ibisigisigi by’intambara bikihagaragara. Hamwe mu hantu habereye urugamba rukomeye, ni ku musozi wa Goma, uzwi nka Mont Goma.

Abaturiye muri ako gace bavuze ko ku wa Kabiri ariho abasirikare bari banze kuva ku izima bari bari, mu kigo cya gisirikare cya Katindo kiri mu Mujyi wa Goma rwagati. Muri Camp Katindo, ni ho ku munsi wa kabiri w’imirwano i Goma hari nk’ibirindiro bikuru by’abarwanyi ba Wazalendo n’Ingabo za FARDC.

Abayobozi b’Umutwe wa M23 baherutse gutangaza ko nyuma yo kwigarurira Umujyi wa Goma, urugamba rukomereje mu bindi bice kugeza i Kinshasa kugira ngo bakureho ubuyobozi bwa Tshisekedi bukomeje gutsikamira abaturage.

Umupaka w'u Rwanda wa La Petite Barriere wongeye gufungurwa
RDC n'u Rwanda bikunze guhahirana cyane
Ubucuruzi bwongeye gusubukurwa
Urujya n'uruza ku mupaka rwongeye kugaragara

Amafoto: The New Times


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .