00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I Nyaruguru haje uburyo bushya bwo gukwirakwiza inka ku baturage benshi vuba

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 7 March 2025 saa 11:29
Yasuwe :

Mu gihe byagiye bigaragara ko hari bimwe mu bibazo bidindiza gahunda ya Girinka, aho bamwe mu baturage bagiye bagaragaraho imigirire itari myiza nko kugurisha inka babeshya ko zabaye ingumba, abandi bakitura inyana zagwingiye kubera gufatwa nabi bazicura amata, abo mu Karere ka Nyaruguru bo babonye ubundi buryo bwo guhangana n’ibyo bibazo bujyanye no kwitura inka nkuru.

Ni uburyo bwatangiye mu 2023 aho abaturage bo mu Murenge wa Ruramba bagurirwa mu nka zihaka, bakazorora, zamara kubyara, nyuma y’amezi atandatu bagahita batanga imbyeyi ku wundi muturage, maze undi agasigarana inyana bityo, bigakomeza uko.

Bamwe mu bagezweho n’iyi gahunda, babwiye IGIHE ko bwabaye uburyo bwiza bwihutishije gahunda yo korozanya, kuko uhawe imbyeyi ayitaho ngo imuhe amata, kandi akanita ku nyana ibyaye kuko iba izaba iye vuba.

Myasiro Anastase wo mu Murenge wa Ruramba, Akagari ka Rugogwe, mu Mudugudu wa Rugusa, akaba umwe mu ba mbere bagabiwe, yavuze ko yahawe inka mu 2023 ihaka, maze ntiyatinda kubyara itangira kumuha amata n’umuryango we.

Bidatinze mu gihe kiri munsi y’umwaka, Myasiro yahise atanga imbyeyi kuri mugenzi we witwa Dusabimana Donatha utari woroye, none ubu na we yamaze kumubyarira akuraho inyana ye na we atanga nyina ku wundi muturage wa gatatu.

Mu gihe kitarenze imyaka ibiri, ubu ya nka yahawe Myasiro, igeze mu miryango itatu, kuko nyuma yo kuva Kwa Myasiro na Dusabimana, yatashye kwa Ntirandekura Alexis, kandi bidatinze na we izaba imubyariye.

Umuyobozi wa EAR Rugote, Pasiteri Habananeza Félicien, yavuze ko iyi gahunda yaje nk’agashya kanyuze bose, ko nubwo ari umupasiteri ariko ari n’umuganga w’amatungo, ibyatumye akunda gukurikiranira ibibazo byagiye bigaragara muri Girinka, ari na bwo batekereje uko byakemuka.

Ati ‘‘Uyu munsi duha umuturage inka nkuru, ndetse hari n’abo zigeraho zikamwa, akayitaho igihe gito na we ikaba iramubyariye.”

Pst Habananeza, yakomeje avuga ko mu nka 17 boroje abaturage mu 2023 ku bufatanye na Compassion International Rwanda, ubu zimaze kuba 47 mu gihe kitari kinini.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Murwanashyaka Emmanuel, avuga ko mu gukomeza gukwirakwiza mu karere hose, ubu uburyo bifuza ko bwakoreshwa na bose bigafasha mu kwihutisha gahunda ya Girinka.

Ati ”Ni uburyo butuma ufite inka wese ayifata neza kuko buri wese aba afitanye isano ya hafi na yo. Yaba nyina uyifata neza ngo ibone uko yonsa inyana uzasigarana, ndetse yamara kugenda, ugasigara wita ku yo usigaranye kuko iba ari iyawe ukeneye ko ikura vuba.”

Kugeza ubu, mu Karere ka Nyaruguru harabarurwa inka 45.824 zirimo 11.952 zatanzwe muri gahunda ya Girinka.

Umuyobozi wa EAR Rugote, Pasiteri Habananeza Félicien, yavuze ko iyi gahunda ituma umworozi wese aryoherwa n'inka ye kuko atangira kubona inyungu kare, aho hari n'abazihabwa zigikamwa
Dusabimana Donatha yazituriye Ntirandekura Alexis inka nkuruv(y'umukara) nyuma yo kumubyarira yaranabyariye Myasiro Anastase mbere
Inka zihabwa abaturage ziba ari nkuru mu gihe gito zikaba zirababyariye bagatanga nyina bagasigarana izazo
Iyi gahunda yaje yaciye uburiganya bwajyaga buba muri gahunda ya Girinka bwo gutanga inka ntoya cyane zacuzwe amata zigatangwa ari ukuzikuraho
Meya wa Nyaruguru, Dr Murwanashyaka Emmanuel, agira inama n'abandi bafatanyabikorwa b'akarere kuyoboka ubu buryo kuko bwihutisha ikwirakwira ry'inka mu baturage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .