00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I Nyamasheke huzuye umuyoboro uzageza amazi meza ku barenga 6000

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 23 March 2025 saa 07:22
Yasuwe :

Abaturage bo mu Murenge wa Kilimbi Akarere ka Nyamasheke bari mu byishimo ku bwo kwegerezwa amazi meza hifashishijwe umuyoboro w’amazi wuzuye utwaye miliyoni 78 Frw.

Ni umuyoboro ugeza amazi meza ku baturage bo mu tugari dutatu, no ku bigo by’amashuri bibiri mu gice cy’imisozi miremire bitagira amazi meza.

Mfitumukiza Eric wo mu Kagari ka Muhororo Umurenge wa Kilimbi avuga ko batarabona aya mazi bakoreshaga amazi y’imvura itaba yaguye bakavoma amasoko yo mu bishanga cyangwa amazi y’Ikiyaga cya Kivu.

Ati “Byatugiragaho ingaruka zirimo n’indwara ziterwa n’umwanda. Uyu munsi abana banywa amazi meza, abaturage dukoresha amazi meza turishimye nta kibazo”.

Uyu muyoboro w’ibilometero umunani wubatswe n’Akarere ka Nyamasheke ku bufatanye na Croix Rouge Rwanda ndetse na Croix Rouge yo muri Autriche.

Umuyobozi wa Croix Rouge Rwanda, Karasira Wilson, yavuze ko impamvu bahisemo kubaka uyu muyoboro mu Murenge wa Kilimbi ari uko ari agace k’imisozi bityo amazi akaba atashoboraga guterera iyo misozi ngo agere ku baturage bayituyeho.

Ati “Niyo mpamvu twatekereje kuzanira amazi abaturage batuye muri aka gace kugira ngo na bo babashe kubona amazi meza. Dufite gahunda yo kwagura uyu mushinga ukagera no mu yindi mirenge ya Nyamasheke na Karongi”.

Umuyobozi wa gahunda z’iterambere ry’uturere mu Ntara y’Iburengerazuba, Nyamaswa Rukundo Emmanuel, yasabye abahawe amazi kuyabungabunga no kurinda ibikorwaremezo byayo.

Ati “Umuturage uri aho amazi aca, yaturutse agomba kugira uruhare mu kuyarinda, bakarinda amatiyo, ibigega n’amavomo kugira ngo hatagira abayangiza.”

Mu karere ka Nyamasheke kwegereza abaturage amazi meza bigeze ku kigero cya 83,1%.

Intego y’icyiciro cya mbere cya gahunda ya Leta y’u Rwanda yo kwihutisha iterambere mu myaka irindwi NST1 yari uko amazi meza agomba kuba yageze ku Banyarwanda bose 100% bitarenze umwaka wa 2024.

Icyakora Covid-19 yakomye mu nkokora iyi gahunda bituma itagerwaho mu gihe cyari cyateganyijwe.

Mu Karere ka Nyamasheke abarenga 6000 bahawe amazi meza hifashishijwe umuyoboro watwaye miliyoni 78Frw
Utugari dutatu two mu Murenge wa Kilimbi n'ibigo bibiri by'amashuri byegerejwe amazi meza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .