00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I Bukavu umutekano ni wose, imirimo yarasubukuwe, abaturage barashima M23 yabakuye mu menyo ya rubamba (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 February 2025 saa 08:35
Yasuwe :

Ubwo M23 yageraga mu Mujyi wa Bukavu, abaturage bayakiriye nk’ababonekewe kuko bari bamaze igihe bahohoterwa, bibwa ibyabo, bicwa ku buryo kuramuka byabaga ari inzozi kuri bamwe, ibintu byanahumiye ku mirari ubwo ihuriro ry’ingabo za RDC ryumvaga ko M23 igeze ku marembo ya Bukavu, ryiraye mu nzu n’amaduka by’abaturage, rirasahura rirahunga.

Uyu mutwe ukigera mu Mujyi wa Bukavu waharaniye kurwanya iryo huriro no guhagarika ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byakorerwaga abaturage

Ubu iyo ugeze i Bukavu nko mu gace kazwi nka Nyawela, ubona ko imirimo yasubukuwe, amasoko yarafunguwe, imirimo y’ubwikorezi irakorwa na cyane ko abaturage bagaragaza ko barindiwe umutekano nubwo bagifite impungenge z’abasirikare.

M23 yasabye ko abasirikare bo mu ihuriro ry’ingabo za RDC, bakiri mu Mujyi wa Bukavu, bakwishyikiriza uyu mutwe, ukagaragaza ko nibatabyaza umusaruro ayo mahirwe uzabahiga aho bari hose, kuko utazihanganira ko bagirira abaturage nabi nk’uko byahoze.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .