Byabaye ku wa 13 Gicurasi 2025 mu masaha ya Saa Cyenda z’igicamunsi. Amakuru avuga ko uyu mugabo yagiye koga nk’uko bisanzwe, ariko aza kunanirwa bituma ahita arohama, arapfa.
Ubwo Uwimana yavanaga guhinga n’umugore we uko bisanzwe, ngo yavuze ko ashaka koga, ariko umugore we arabyanga amushishikariza kujya kogera mu rugo.
Undi yanze kumwumvira, avuga ko ashaka kogera muri icyo cyuzi cyagomewe hagamijwe kujya cyuhira umuceri, agezemo arapfa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwaniro, Jean Paul Rugira Amandin, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yaguyemo, agahita apfa, ndetse n’umurambo we nturaboneka.
Ati “Ubwo yarohamaga, umugore we yahise ahuruza abaturanyi ariko biba iby’ubusa, ndetse n’ibikorwa byo kumushakisha biracyakomeje. Inzego z’umutekano zahageze ziri gushakisha ngo turebe ko yaboneka, noneho nyuma tukaza gufata ibindi byemezo.”
Gitifu Rugira yavuze ko ibyabaye ari impanuka kuko uyu mugabo yari asanzwe azi koga, ariko aboneraho gusaba abaturage kugendera kure amazi yose kuko igihe cyose yateza ibyago birimo n’urupfu.
Ubusanzwe, icyuzi cya Gatindingoma kirindwa n’abantu babuza abana kujyamo.
Nyakwigendera Uwimana asize umugore n’umwana umwe.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!