00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Huye: Agaseke k’Urukundo ko muri CHUB kamaze gufashisha abarwayi asaga miliyoni 80 Frw

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 5 March 2025 saa 07:39
Yasuwe :

Abakozi b’Ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) bishimira ko bamaze kwitanga imisanzu y’asaga miliyoni 80 Frw, yo gufasha abarwayi batagira kivurira binyuze mu isanduku bise ‘Agaseke k’Urukundo’, aho kamaze gufasha abarwayi basaga ibihumbi bine, mu myaka 10 ishize.

Byagarutsweho ubwo hizihizwaga ku nshuro ya 33 Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi muri CHUB, hagarukwa ku mutima w’urukundo ukwiye kwerekwa abarwayi, kubera intege nke z’ubuzima baba bafite.

Perezida w’Agaseke k’Urukundo, gahuje abakozi basaga 380 bo muri ibi bitaro, Rangira Innocent, yabwiye IGIHE ko iyi gahunda yatangiye mu 2014, nyuma yo kubona ko hari abarwayi benshi bagirira akaga mu bitaro bamwe banavuye kure cyane.

Batangiye bishakamo igihumbi cyangwa 2000 Frw ari nk’abantu 10, nyuma baza kubigira ibintu bihoraho aho abakozi benshi babyitabiriye, buri wese atanga uko ashoboye buri kwezi.

Ati “Ubu buri kwezi buri wese ubishaka atanga uko ashoboye, mu kwezi tugakusanya asaga ibihumbi 600 Frw, agakoreshwa mu bikorwa byo gufasha abarwayi batishoboye bagana ibitaro bya CHUB. Uyu munsi hamaze gufashwa abarwayi basaga ibihumbi bine.”

Bamwe mu barwayi bagiye bafashwa na gahunda y’Agaseke k’Urukundo, bavuga ko bagiye bagobokwa mu bihe bya ngombwa, bagashima umutima mwiza w’abatangije iyi gahunda.

Mukamana Béatha, ukomoka mu Karere ka Nyaruguru, umaze imyaka itatu arwaje umwana we w’umuhungu muri CHUB, ufite ikibazo cy’imitsi aho ujyana amaraso ku bwonko wagize ikibazo.

Yavuze ko nyuma yo kumujyana mu Buhinde akagaruka, yakomeje kugorwa n’ubuzima ariko akagenda afashwa n’abantu batandukanye harimo Agaseke k’Urukundo kamufashije muri bimwe byabaga bimugoye.

Ati “Hari ibyo njya nkenera kugura hanze y’ivuriro bakamfasha cyane, Imana ibampere umugisha.”

Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ibitaro bya CHUB, Dr. Ngaramba Christian, na we yashimangiye impamvu y’Agaseke k’Urukundo, agira ati “Benshi mu baza kwivuriza aha, baba baturutse kure, bahagera ubushobozi bwaratangiye kuba buke kuko baba babanje kuvurizwa ku bigo nderabuzima cyangwa ibitaro by’uturere.”

Yakomeje avuga ko mu byo bagerageza gufasha abaharwariye harimo kugurira abana amata igihe bavutse ababyeyi babo bakabura amashereka, ibikoresho by’isuku, ndetse n’imiti yihutirwa itari mu bitaro ku badafite ubushobozi bwo kuyigurira, hakaba no guha itike abamaze igihe bivuza ariko babuze amatike abasubiza iwabo.

Ibitaro bya CHUB, biha serivisi abaturage basaga miliyoni enye bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyepfo baturuka mu bitaro by’uturere n’ibigo nderabuzima bitandukanye, ibituma bagira abantu baturutse imihanda yose baba kure y’imiryango yabo.

Rangira Innocent, uyobora gahunda y'Agaseke k'Urukundo, yavuze ko mu myaka hafi 11 ishize, hafi miliyoni 80Frw zimaze gufashishwa abarwayi barenga ibihumbi bine
Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ibitaro bya CHUB, Dr. Ngaramba Christian, yavuze ko Agaseke k'Urukundo gafasha abababaye kurusha abandi kwa muganga
Visi Meya ushinzwe ubukungu, Kamana André, aha impano umwe mu barwayi ku munsi wabagenewe
Ku munsi w'abarwayi, bagenerwa impano zitandukanye zibafasha koroherwa mu burwayi bwabo
Mukamana Béatha umaze imyaka itatu arwaje umwana muri CHUB, yavuze ko hari igihe Agaseke k'Urukundo kabunganira
Ibitaro bya CHUB byita ku baturage basaga miliyoni enye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .