00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hatangijwe umushinga uzafasha mu kuvugurura ibikorwaremezo by’amazi n’ubuvuzi mu turere twagizweho ingaruka n’ibiza

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 17 March 2025 saa 11:00
Yasuwe :

U Buyapani bufatanyije n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana, Ishami ry’u Rwanda, UNICEF Rwanda, batangije umushinga ugamije gufasha mu kuvugurura ibikorwaremezo by’ubuvuzi, imirire, amazi meza, isuku n’isukura ku miryango itishoboye yagizweho ingaruka n’ibiza mu turere dutandatu two mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

Ni umushinga uterwa inkunga n’u Buyapani ku nkunga ingana na miliyoni 1,3$ ni ukuvuga agera kuri miliyari 2 Frw azakoreshwa mu gihe cy’amezi 12.

Uwo mushinga ufite intego yo gufasha mu gukumira no kugabanya ingaruka z’indwara z’ibyorezo ndetse n’iziterwa n’ihindagurika ry’ikirere by’umwihariko ku bana n’imiryango yabo binyuze mu kuvugurura ibikorwaremezo by’ubuvuzi, amazi, isuku n’isukura.

Hari kandi kongera imbaraga muri serivisi z’ubuvuzi no kugabanya ibyago ku bice biri mu turere dukunze kwibasirwa n’ibiza nk’imyuzure, inkangu n’ibindi.

Biteganyijwe ko uwo mushinga uzagera ku bantu barenga ibihumbi 300 muri utwo turere two mu Ntara y’Iburengerazuba twagizweho ingaruka n’umwuzure, inkangu ndetse n’icyorezo cya Mpox.

Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, yagaragaje ko umutekano w’abantu ari ikintu cy’ingenzi kandi kiri mu byo u Buyapani bushyize imbere mu mikoranire n’ibindi bihugu.

Ati “Umutekano w’abantu ni ikintu kiyobora u Buyapani mu mikoranire igamije iterambere, dushyira imbere kurinda abantu ku giti cyabo no guharanira ko abantu bose bashobora kubaho neza badatewe ubwoba no kuba bashobora kubura ubuzima.”

Yashimangiye ko UNICEF izakoresha ubunararibonye bwayo, abaturage bagirwaho ingaruka n’ibiza bakarindwa.

Umuyobozi Uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana, UNICEF Rwanda, Lieke Van de Wiel, yashimye Guverinoma y’u Buyapani yemeye guhuza imbaraga nayo muri uwo mushinga witezweho gutanga impinduka nziza.

Yakomeje ati “Iyi nkunga izagira ingaruka nziza ku bice byo mu cyaro mu Rwanda kuko izagera ku bantu 100.000 mu buryo bw’ako kanya ndetse n’abantu 300.000 bakazayungukiramo mu buryo buziguye muri utwo turere. Ubu bufatanye bushimangira ubushake bwacu dusangiye bwo gusigasira uburenganzira bw’umwana no kubaka sosiyete ishobora kwigira mu bihe by’ibiza.”

U Buyapani bumaze imyaka irenga 10 bukorana na UNICEF Rwanda aho bwateye inkunga imishinga irindwi binyuze muri JSB.

Guverinoma y’u Rwanda, UNICEF na Guverinoma y’u Buyapani byiyemeje gukomeza guharanira ko abaturage babona iby’ibanze nkenerwa uko bikwiye.

U Buyapani bugaragaza ko bushyize imbere umutekano w'abantu mu mikoranire yabwo n'ibindi bihugu
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, yagaragaje ko umutekano w’abantu ari ikintu cy’ingenzi
U Buyapani bumaze imyaka irenga 10 bukorana na UNICEF Rwanda
Itangizwa ry'uwo mushinga ryitabiriwe n'abayobozi batandukanye
Hatangijwe umushinga uzafasha mu guteza imbere ibikorwaremezo by'amazi, isuku n'isukura mu turere dutandukanye twibasirwa n'ibiza
Uwo mushinga watangijwe uzamara amezi 12 ushyirwa mu bikorwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .