00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hari kugeragezwa uburyo bisi zitwara abagenzi zajya zihagurukira ku masaha azwi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 January 2025 saa 08:44
Yasuwe :

Umujyi wa Kigali uri kugerageza gahunda izafasha bisi zitwara abagenzi guhagurukira ku gihe kizwi, itangiriye mu cyerekezo cya Downtown - Nyanza na Nyanza – Downtown.

Umujyi wa Kigali wabitangaje kuri uyu wa 17 Mutarama 2024, mu itangazo ryamenyeshaga abakoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange itangira ry’iyo gahunda.

Wavuze ko ryatangiye ku wa 16 Mutarama 2025 rikazageza ku wa 29 Mutarama 2025.

Itangazo rikomeza riti “Harimo gukorwa igerageza ryo kwiga uburyo n’ibikenewe kugira ngo tugere ku rwego rw’aho bisi zizajya zihagurukira ku masaha azwi kandi akubahirizwa. Ni mu rwego rwo kunoza serivisi ihabwa abakoresha imodoka rusange mu ngendo zabo mu Mujyi wa Kigali.”

Iri gerageza riri gukorwa na Minisiteri y’Ibikorwaremezo n’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Ikigo cy’Abayapani gishinzwe Iterambere, JICA, riri gukorerwa ku modoka za Royal Express na Yahoo Car.

Umujyi wa Kigali watangaje ko mu masaha y’urujya n’uruza rw’abagenzi, hamwe baba ari benshi cyane, imodoka zizajya zihaguruka buri minota 10.

Ni mu gihe mu masaha yandi y’umunsi ha handi abagenzi baba bagereranyije, imodoka zizajya zihaguruka buri minota 15.

Imodoka izajya ihaguruka muri Gare ya Nyanza guhera Saa 05:50 z’igitondo zigeze Saa 09:00 z’umugoroba, mu gihe izajya iva muri ya Downtown izajya ihaguruka Saa 05:00 kugeza Saa 09:55 z’umugoroba.

Muri ibi bihe Umujyi wa Kigali uri gukora ibishoboka byose ngo uburyo bwo gutwara abantu ku buryo bwa rusange bugende neza, aho nyuma yo kongera imodoka mu muhanda, uherutse no gushyiraho uburyo umugenzi azajya yishyura intera yagiye aho kwishyura umuhora wose, ndetse mu minsi iri imbere bisi zigiye kujya zihabwa umwanya wazo.

Umujyi wa Kigali watangaje ko uri kugerageza uburyo bisi zitwara abagenzi zajya zihagurukira ku masaha azwi
Itangazo ry'Umujyi wa Kigali rigaragaza uko gahunda yo kugerageza uburyo bisi zitwara abagenzi zajya zihagurukira ku masaha azwi imeze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .