Ibi yabigarutseho ubwo yagezaga raporo ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi kuri uyu wa 6 Gicurasi 2025.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose, yagaragaje ko hari ikibazo cy’abarwayi babura amafaranga yo kwishyura kubera ubushobozi buke, ibigo bitanga serivisi z’ubuvuzi bikabihomberamo.
Ati” Ikibazo cy’abarwayi batishyura bigateza ibitaro igihombo, ni ikibazo gikomeye mbona nka Leta dukwiye kureba uko twashyiraho nk’urwego rwajya rwishyurira abo barwayi badafite ubushobozi na mba.”
Kuri iyi ngingo, Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Alexis Kamuhire, yavuze ko hakwiye gushyirwaho uburyo abo barwayi bajya bishyurirwa aho guhera mu bitaro.
Agira ati” Ikibazo cy’abarwayi batishoboye mu mavuriro ni byo koko ni ikizabo kandi kigomba gushakirwa umuti, hakabaho uburyo bwo gushaka amafaranga kugirango abo barwayi batabashije kwushyura bishyurirwe.”

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!