00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Guverineri Rubingisa yihanangirije urubyiruko rufite ingengabitekerezo ya Jenoside

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 9 April 2025 saa 07:45
Yasuwe :

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yihanangirije urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko rukigaragarwaho n’ingengabitekerezo ya Jenoside, arusaba kubireka kuko Leta itazabyihanganira.

Yabigarutseho ubwo hatangizwaga icyumweru cy’icyunamo n’ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu muhango mu Karere ka Rwamagana watangirijwe ku rwibutso rwa Ruhunda ruherereye mu Murenge wa Gishari.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yakomeje abitabiriye uyu muhango wo kwibuka, yibutsa ko Umurenge wa Gishari ubarizwamo inzibutso ebyiri bigaragaza ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranwe muri uyu Murenge.

Perezida wa Ibuka mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, yashimiye Leta y’ubumwe yafashije abarokotse Jenoside kongera kwiyubaka no kwigarurira icyizere.

Ati ‘‘Ibikorwa byo kwibuka abacu bitubere umusingi ukomeye ari naho dukura imbaraga zo kongera kwiyubaka. Muri iyi myaka 31 ishize turashimira Leta y’ubumwe ko yongeye kugarurira abarokotse Jenoside icyizere cy’ubuzima.’’

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa we yagarutse ku ngabo za MINUAR zabaye muri Gishari ariko ntizigire icyo zikora ngo zifashe Abatutsi bicwaga. Yakomeje akebura urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rukigaragarwaho n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “Turi muri Gishari ariko turacyahabona ibisigisigi n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi bitari bikwiriye muri iyi myaka 31. Igitangaje kandi tukabisanga no mu rubyiruko rw’imyaka 21, 22 rwavutse nyuma y’imyaka icumi Jenoside ihagaritswe. Ibi Leta ntizabyihanganira, ya Ngengabitekerezo yo ku ishyiga nta mwanya ifite.’’

Guverineri Rubingisa yakomeje avuga uburyo ingabo z’u Rwanda zafashe iya mbere zikajya guharanira amahoro mu mahanga ya kure, avuga ko umutekano usesesuye ibisigaye ari ibyo gukemurirwa ku Isibo, mu Mudugudu, mu Kagari mu Murenge.

Ati “Buri wese abe ijisho ry’umuturanyi, hari n’aho tuvuga ngo ngira nkugire, ninkubura umbazwe. Si ngombwa gushyira Umupolisi ku rugo rw’Uwarokotse Jenoside, ngo kuko hari ukwirakwiza amagambo agize icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside, abaturanyi be bamubwira buri munsi, si n’inshingano gusa ya IBUKA, biratureba nk’Abanyarwanda. Ibyo tugomba kubikemura hakiri kare, ubutabera bugakora akazi kabwo.’’

Uyu muyobozi yibukije abaturage ba Ruhunda ko icyifuzo cyabo cyo gushyira ikimenyetso cy’Urwibutso i Kavumu kuri Muhazi aho Abatutsi benshi baroshywe muri Muhazi, cyakiriwe ndetse ko biri mu nzira yo gukorwa ku bufatanye bw’Akarere, Minubumwe na Ibuka.

Hashyizwe indabo ku mva zirimo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Ruhunda
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, yashimiye Inkotanyi zagaruriye icyizere abarokotse
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yashimiye Leta yafashije abarokotse kongera kwiyubaka
Guverineri Rubingisa yasabye urubyiruko kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .