00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gutereka ubwanwa ku basirikare ba Amerika bigiye kwigwaho n’Inteko Ishinga Amategeko

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 10 December 2024 saa 11:13
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika igiye kwiga ku mushinga ugamije kwemerera abasirikare kuba batereka ubwanwa.

Mu Cyumweru cya mbere cya Ugushyingo, hasohotse amabwiriza ajyanye n’ibikorwa by’inzego z’umutekano, muri yo harimo asaba Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere kugeza ku Nteko Ishinga Amategeko uwo mushinga ugamije kwemerera abasirikare kugira ubwanwa. Ibyo bigomba gukorwa bitarenze ku wa 1 Mata 2025.

Abasirikare barwanira mu Kirere, ntibemerewe gutereka ubwanwa, bamaze igihe basaba ko babona uburenganzira bwo gutunga ubwanwa kuko abahabwa ubwo burenganzira, biba bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo iz’ubuzima cyangwa imyemerere y’idini.

Abasirikare bafite uburwayi bw’uruhu bwitwa “Pseudofolliculitis barbae” bubatera ibiheri iyo bogoshe ubwanwa, ni bamwe mu bemererwa gutunga ubwanwa.

Mu 2020, Igisirikare cya Amerika cyatangiye gutanga uruhushya rw’imyaka itanu rwemerera abafite ubu burwayi kugira ubwanwa ariko bugufi, rwari rusimbuye urw’umwaka umwe rwari rusanzwe rutangwa.

Ubusanzwe bemerera kandi abafite imyemerere y’idini, harimo abo mu idini ya Sikh rifite inkomoko mu Buhinde, Abayahudi, Abayisilamu n’Aba-Heathenry batemera Imana.

Abasirikare bafite ubwanwa kandi barabubujijwe, akenshi basigara inyuma mu kuzamurwa mu ntera cyangwa ntibahabwe amahirwe nk’ay’abandi.

Abadepite banifuza kumenya ingaruka ubwanwa bushobora kugira ku miyoborere, imyitwarire, umutima w’ubufatanye ku musirikare no kureba niba gutanga uburenganzira bwo kugira ubwanwa byazongera umuhate wo kwinjira mu gisirikare.

Abasirikare ba Amerika bashobora kwemererwa gutunga ubwanwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .