00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisagara: Imvura yangije hegitari zirenga 100 z’ibihingwa

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 16 March 2025 saa 05:29
Yasuwe :

Imvura nyinshi yaguye mu Karere ka Gisagara, yateje imyuzure yibasiye ibishanga birimo icya Ngiryi mu Murenge wa Musha n’icya Duwani mu Murenge wa Kibilizi, yangiza hegitari zisaga 100 z’umuceri.

Ni imvura yaguye mu mugoroba wo ku wa 15 Werurwe 2025, yangiza umuhanda uhuza imirenge ya Musha na Ndora ku gishanga cya Ngiryi, amazi arawurengera.

Abahageze bavuze ko babonye amazi asendereye mu mirima, yica n’imyaka yarimo.

Umwe muri bo ati “Wari umuceri ubereye ijisho none warengewe. Dufite ubwoba ko waba warengewe n’isayo cyangwa umucanga kuko byaba birangiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe iterambere y’ubukungu, Habineza Jean Paul, yabwiye IGIHE ko imvura yaguye ku gicamunsi yangije umuceri w’abahinzi mu bishanga bibiri.

Ati “Umwuzure wibasiye igishanga cya Ngiryi muri Musha, ariko si ho gusa, kuko no mu Murenge wa Kibilizi muri Duwani naho hageze umwuzure mu gishanga.”

Yakomeje agira ati “aho muri Ngiryi hangiritse hegitari zisaga 80, mu gihe kuri Duwani, hangiritse hegitari ziri hafi ya 20.”

Habineza yavuze ko ibyangijwe n’imvura bitari byagafatiwe ubwishingizi bw’ibihingwa, kuko bari babanje gukusanyiriza amafaranga hamwe bitegura kujya kubusaba mu cyumweru gitaha.

Yasabye abahinzi kurushaho kwitabira gahunda yo gushinganisha ibihingwa byabo kuko haba harimo nkunganire ya Leta ingana na 40% mu gihe umuhinzi we yiyishyurira 60%.

Umuceri wari uhinze mu gishanga wose warengewe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .