Ni impanuka yabaye ku wa 15 Werurwe 2025 masaha ya saa Munani z’amanywa, aho imodoka ifite ibirango bya RAI 293 I yahitanye umusore w’imyaka 18, ubwo yambukaga umuhanda yitwikiriye ishashi kuko imvura yarimo igwa.
Umuvugizi wa Polisi, Ishami Rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yabwiye IGIHE ko iyo mpanuka y’imodoka yabaye ubwo yavaga mu Kagari ka Bwiza yerekeza mu Kagali ka Akaboti, umushoferi ntiyaringaniza umuvuduko, agonga umusore w’imyaka 18 wambukiranyaga umuhanda ahita apfa.
Ati “Umurambo wahise ujyanwa mu bitaro bya Kibirizi.”
Yakomeje yihanganisha umuryango wa nyakwigendera, anasaba abakoresha umuhanda bose kwirinda uburangare no kugenda nabi mu muhanda, kugira ngo hirindwe impanuka zo mu muhanda.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!