00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen. (Rdt) Kabarebe yavuze ko ibihugu by’i Burayi bitashimishijwe n’abacanshuro banyujijwe mu Rwanda

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 5 March 2025 saa 01:41
Yasuwe :

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ubufatanye n’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, yatangaje ko hari ibihugu by’i Burayi byabanje kwitambika umugambi wo kunyuza abacanshuro ku mupaka w’u Rwanda banga guseba, ari na cyo cyatumye baruca bararumira.

Yabigarutseho mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe n’Inteko Ishinga Amategeko ku miterere y’ingengabitekerezo ya Jenoside mu karere, ingaruka zayo n’ingamba zo kuyirwanya, yabaye ku wa 5 Werurwe 2025.

Gen (Rtd) James Kabarebe yagaragaje ko intambara irwanirwa mu Burasirazuba bwa RDC irimo imitwe myinshi igizwe n’ingabo za FARDC, FDLR, SAMIRDC, by’umwihariko hakaba abacanshuro b’Abanyaburayi bahawe ikiraka nyamara bitemewe n’amategeko mpuzamahanga.

Ati “Nta munsi n’umwe umuryango mpuzamahanga wigeze uvuga ku kibazo cy’abacanshuro muri RDC kandi ari ibintu bitemewe n’umuryango mpuzamahanga. […] ahubwo no kugira ngo bave i Goma bace mu Rwanda bataha na byo bari babirwanyije. Abazungu bari babirwanyije, hari za Ambasade rwose hano zahagurutse ziraduhagurukira ziravuga ziti ’muramenye bariya bantu batavanwa mu nkambi za Monusco ngo bace mu Rwanda bagenda’. Icyo bangaga ni iki? Bangaga kumwara. Bangaga ikimwaro no kubagaragaza.”

Gen (Rtd) Kabarebe yagaragaje ko ibyo bihugu byirinda guseba.

Ati “Barabapfukiranye ntibigeze bashaka ko bamenyekana n’umunsi n’umwe. Ikindi bangaga kubona ku mupaka w’u Rwanda abasirikare bacu n’Abapolisi basaka uruhu rwera. Iyo abacanshuro baba Abirabura, baba barabemeye baranabavuze ariko kuko bari Abazungu barabahishiriye banga kubavuga n’umunsi n’umwe no kugeza n’uyu munsi ntacyo barigera babavugaho.”

Abacanshuro barenga 280 banyujijwe ku mupaka uhuza u Rwanda na RDC mu mpera za Mutarama 2025 nyuma y’uko bafatiwe ku rugamba n’umutwe wa M23.

Aba bacanshuro bo mu mutwe wa RALF wo muri Romania, bifatanyaga n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 kuva mu 2022.

Gen. (Rtd) Kabarebe yatangaje ko abazungu bari bafite ipfunwe ryo kwandagazwa n'inzego z'umutekano z'u Rwanda zibasaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .