00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Muhoozi yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 22 March 2025 saa 05:03
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida Yoweri Museveni mu bikorwa byihariye bya gisirikare, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Mubarakh Muganga; Umuyobozi w’Umutwe urinda abayobozi bakuru, Gen Maj Willy Rwagasana; Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga, ni bo bamuherekeje kuri uyu wa 22 Werurwe 2025.

Gen Muhoozi yageze i Kigali tariki ya 20 Werurwe 2025.

Ku wa 21 Werurwe, yasuye ishuri rikuru rya RDF riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, yigisha abanyeshuri baryo isomo ry’ubufatanye mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri Afurika.

Gen Muhoozi n’abandi bofisiye ba Uganda bagiranye n’abofisiye ba RDF ikiganiro ku bufatanye bw’impande zombi mu gukemura ibishobora kubangamira umutekano.

Uyu musirikare yagize ati “Mu gihe duhuje ubushobozi bw’ingabo zacu zikomeye, nta mbogamizi tutatsinda mu gihe twaba dukomeje.”

Gen Mubarakh Muganga yasezeye kuri Gen Muhoozi
Gen Muhoozi ku Kibuga cy'Indege cya Kigali, mbere yo kwinjira mu ndege
Gen Maj Willy Rwagasana (wateye isaluti) ni umwe mu bofisiye baherekeje Gen Muhoozi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .