Gen Muhoozi yongeye kuvuga kuri Perezida Kagame mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, kuri uyu wa Mbere tariki 23 Kamena 2025.
Uyu mugabo yagaragaje ko agifata Perezida Kagame nk’intwari, asaba ko urukundo rwaganza muri byose.
Yakomeje agaragaza ko uwatekereza ko ashobora kunyuranya n’umukuru w’igihugu akunze kwita se wabo, yaba yibeshya.
Ati “Uwo ariwe wese uvuga ko naba narigeze kunyuranya na data wacu, Afande Kagame, ku kintu icyo aricyo cyose, mu by’ukuri anshakaho ibibazo, kandi nzabashakira igisubizo.”
Anyone who says that I have ever disagreed with my beloved uncle, Afande Kagame, on anything is really looking for 'Hell' with me. And I shall sort all of them out.
— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) June 23, 2025
Muri ubu butumwa, Gen Muhoozi ntiyigeze agaragaza impamvu y’aya magambo, ndetse n’ababa barigeze kuvuga ko hari aho yanyuranyije na Perezida Kagame. Gusa buje mu gihe akubutse muri RDC aho yahuye na Perezida Tshisekedi usanzwe ubanye nabi n’u Rwanda.
Muhoozi afatwa nk’umuntu w’ingenzi mu mubano w’u Rwanda na Uganda kubera uruhare yagize mu kunga ibi bibugu byombi, nyuma y’imyaka myinshi bidacana uwaka.
Uru ruhare rwa Muhoozi rwanashimwe na Perezida Kagame ubwo yitabiraga ibirori by’isabukuru y’uyu musirikare mu 2022.
Ati “Niba kongera guhuza u Rwanda na Uganda byari bikeneye wowe (Muhoozi) kugira ngo ube umuhuza, ndabishimira Imana. Dufite ibibazo hagati y’ibihugu byacu ariko nari mfite icyizere ko ari iby’igihe gito. Umurunga uduhuje urakomeye [...] Abajenerali beza ntabwo ari abatsinda intambara, ni abatsindira amahoro. Ndishimye kuva warahuje ibihugu byacu byombi.”
Kuva Uganda n’u Rwanda byakongera kubana amahoro, ntabwo Gen Muhoozi asiba kugaragaza Perezida Kagame nk’umuntu w’icyitegererezo kuri we.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!