00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gasabo: Abantu 11 bishwe n’ubwanikiro bw’ibigori bashyinguwe (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 Gashyantare 2023 saa 01:03
Yasuwe :

Abantu 11 bo mu Karere ka Gasabo bishwe n’ubwanikiro bw’ibigori bwabagwiriye mu cyumweru gishize bashyinguwe, mu muhango witabiriwe n’abayobozi muri Guverinoma no mu nzego z’ibanze.

Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru, i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Mu gitondo cyo ku wa 3 Gashyantare 2023, nibwo abantu 11 bapfuye abandi basaga 30 garakomereka ubwo ubwanikiro bwa "Koperative Duharanire Ubukire - Gasagara" mu Karere ka Gasabo bwabagwiraga.

Icyo gihe Guverinoma y’u Rwanda yohereje ubutumwa bwo kwihanganisha imiryango.

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru i Rusororo nibwo habaye umuhango wo gushyingura abishwe n’iyi mpanuka.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assumpta, yahagarariye Guverinoma y’u Rwanda mu gufata mu mugongo imiryango yabo.

Mu ijambo rye, yihanganishije imiryango yabuze abayo n’ifite abakomerekeye muri iyo mpanuka, ababwira ko Guverinoma y’u Rwanda yifatanyije nabo mu kababaro kandi izakomeza kubaba hafi nk’uko yabitangiye.

Yagize ari "Mu izina rya Leta y’u Rwanda twaje kubakomeza no kubafata mu mugongo. Mwatakaje abavandimwe, abana, ababyeyi ariko mwumve ko natwe tubabaye kuko n’igihugu cyatakaje abantu bacyo. Aba bavandimwe bitahiye ariko basize umurage mwiza - umurage w’umurimo."

"Nka Leta tuzakomeza kubaba hafi kugira ngo ubuzima bukomeze, yaba mu mibereho ndetse no gukomeza imikorere ya koperative. Hari ibyo abantu basabye byo kwita ku buziranenge bw’ibyo abaturage bakoresha, n’ubundi ni inshingano zacu. Turabizeza ko ibyabaye bitazongera."

Ubwo impanuka yabaga, bikekwa ko yatewe n’umuyaga wahushye inzu yanikwagamo ibigori, isakaye ariko mu mpande ifashwe n’ibiti.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusororo, Nsabimana Matabishi Desire, yemeje ko ibiti byari byubakishije ubu bwanikiro byari byaratangiye kumungwa.

Ati "Ngira ngo hangari kuba ishashe ubu ni ubwa gatatu bashyizemo ibigori, icyakora nk’uko bigaragara ibiti bigaragara ko hasi byari byatangiye kumungwa. Umusaruro rero w’ibigori bigaragara ko ibigori byabaye byinshi uburemere bwabyo bikaba byananiwe kwihanganira ibyo biti. Umuyaga rero wari umaze gucaho birumvikana ko ubwo buremere bw’ibigori n’umuyaga ibiti byananiwe kwihanganira ibyo bigori."

Itangazo Minisitiri w’Intebe yashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko Guverinoma yifatanyije n’ababuze ababo.

Ati "Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije ababuriye ababo muri iyo mpanuka. Abakomeretse bajyanywe kwa muganga, ubu barimo kwitabwaho. Guverinoma iratanga ubufasha bukenewe ku miryango yabuze ababo no ku bakomerekeye muri iyi mpanuka."

Guverinoma yijeje ko hagiye kongerwa imbaraga mu ngamba zo gukurikirana ireme ry’imyubakire kugira ngo impanuka nk’izi zirindwe.

Abantu 11 bapfuye bashyinguwe kuri iki Cyumweru
Uru rupfu rwaciye igikuba mu baturage mu Murenge wa Rusororo
Ingabire ashyira indabo mu mva y'umwe mu bitabye Imana
Ingabire Assoumpta yahagarariye Guverinoma mu gushyingura aba baturage
Ingabire yabwiye abaturage ko Guverinoma y’u Rwanda yifatanyije nabo mu kababaro kandi izakomeza kubaba hafi nk’uko yabitangiye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .