00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Equity Bank Rwanda Plc yinjiye mu bufatanye na Spiro bugamije kurengera ibidukikije

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 27 March 2025 saa 05:10
Yasuwe :

Equity Bank Rwanda Plc yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo gicuruza ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi muri Afurika, Spiro, agamije kurengera ibidukikije.

Ni amasezerano yashyizweho umukono ku wa 26 Werurwe 2025, aho ibigo byombi byiyemeje gukomeza kubungabunga ibidukikije binyuze mu gushora imari mu mishinga ibirengera.

Impande zombi ziyemeje gukangurira abagore n’urubyiruko kwitabira ubucuruzi burengera ibidukikije no gufatanya kugera ku ntego y’igihugu yo kubungabunga ibidukikije.

Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank, Hannington Namara, yavuze ko ubu bufatanye bugamije guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo hagabanywe ibyago biterwa n’ihindagurika ry’ikirere.

Yagize ati “Twiyemeje kurengera ibidukikije no gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga mu kugabanya ibyago biterwa n’imihandagurikire y’ikirere. Ni yo mpamvu twasinye aya masezerano kugira ngo duhurize hamwe imbaraga, cyane ko intego yacu ari guha abaturage uburyo bwiza bw’ikoranabuhanga buteye imbere kandi, buri ku giciro cyiza, bwo gutwara abantu n’ibintu.”

Namara yashimangiye ko bashyize imbaraga mu gufasha abaturage kunoza ubwikorezi bw’ibintu cyane cyane abageza umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi bitabahenze byarushaho kubafasha mu iterambere.

Yagize ati “Abantu benshi batwara ibicuruzwa babikura ku mirima babijyana ku masoko cyangwa babivana ku masoko babijyana mu ngo zabo, twizera ko bakoresheje uburyo bwiza bwo kubitwara kandi bwigonderwa, bizabafasha kwizigamira amafaranga, binafashe igihugu kugera ku ntego z’iterambere rirambye. Ibyo rero bihura n’intego ndetse n’indangagaciro zacu.”

Umuyobozi Mukuru wa Spiro, Kaushik Burman, yavuze ko nka sosiyete isanzwe ikora ubucuruzi bushingiye ku kurengera ibidukikije, intego yabo muri aya masezerano ari gushimangira ihame ry’uburanganire ndetse no kugera ku ntego z’igihugu z’iterambere rirambye.

Yagize ati “Mu buryo bwinshi tuzafatanyamo na Equity Bank Rwanda Plc, intego nyamukuru ni ukugera ku ntego z’igihugu z’iterambere rirambye (SDG), gushyigikira ihame ry’uburinganire ndetse no kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.”

Aya masezerano arimo no gukangurira abaturage gukoresha ibikoresho bidahumanya ikirere, nka moto z’amashanyarazi n’ibindi.

Ubuyobozi bwa Spiro bwatangaje ko imikoranire y'impande zombi izateza imbere uburinganire
Umuyobozi Mukuru wa Equity Bank Rwanda Plc, Hannington Namara, yavuze ko biteguye gufasha abantu gutwara abantu n'ibyabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .