00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dr. Ngirente Edouard yerekanye intambwe u Rwanda ruri gutera mu kugeza kuri bose ubuvuzi bwo kubaga

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 24 February 2025 saa 03:59
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, yavuze ko ubuvuzi bwo kubaga budakwiye gufatwa nk’ubugenewe abifite kuko ari imwe mu nkingi z’ibanze mu buvuzi, kandi u Rwanda ruri mu murongo mwiza wo kubugeza ku barwayi bose babukeneye.

Ibi Minisitiri w’Intebe yabitangaje ubwo yatangizaga Inama Nyafurika ku buvuzi bwo kubaga, yabaye kuri uyu wa 24 Gashyantare 2025.

Ni inama y’iminsi ine iteraniye i Kigali, ikaba ihuje abaturutse mu bihugu bya Afurika n’ahandi bafite aho bahuriye n’ubuvuzi by’umwihariko ubwo kubaga.

Dr. Ngirente yavuze ko ubwo buvuzi budakwiye gufatwa nk’ubugenewe abifite kuko ari bumwe mu bw’ibanze abantu baba bakeneye.

Ati “Kubaga ntabwo ari ubuvuzi bw’abifite ahubwo ni inkingi y’ibanze mu buvuzi. Abagera kuri 70% mu batuye Isi ntibabona ubuvuzi bwizewe bwo kubagwa butangiwe igihe kandi buhendutse. Muri Afurika nk’umugabane wugarijwe na 24% by’indwara ziri ku Isi, haracyari 2% gusa by’abaganga bakenewe. Ibyo bigira ingaruka ku bitaro n’abarwayi buri munsi.”

Minisitiri Dr. Ngirente kandi yongeyeho ko ubuvuzi bwo kubaga buri kwitabwaho mu buryo bushoboka, kandi ari serivise igomba kwimakazwa.

Ati “U Rwanda rumaze igihe rwumva akamaro k’ubuvuzi bwo kubaga mu kugeza serivise z’ubuvuzi kuri buri wese.”

“Ubu igihugu kiri gukora ku buryo bwo kwagura serivise z’ubuvuzi bwo kubaga zitangwa, no guhugura abaganga benshi hagamijwe kurokora ubuzima binyuze mu buvuzi bugera kuri bose. Guverinoma y’u Rwanda iri gushyira imbaraga mu kongera abatanga serivise z’ubuvuzi harimo n’abaganga babaga.”

Minisitiri Dr. Ngirente yakomeje agaragaza ko muri ibyo biri gukorwa harimo ubufatanye u Rwanda rufitanye na UNHCR, aho batanga amahugurwa ku buryo bugezweho bwo kubaga hifashishijwe ikoranabuhanga, bugahabwa abaganga bo muri Afurika.

Avuga ko kubaka abakozi bashobye bidahagije ahubwo bigomba kujyana no gukoresha ikoranabuhanga ryo kuvura umurwayi atari hamwe na muganga.

Hakwiriye kubaho ubushakashatsi ndetse no gushora mu kuzamura ireme ry’uburezi bw’ubuvuzi bwo kubaga muri Afurika, kugira ngo buri muturage abubone kandi abubonere hafi.

Ibyo kandi biri kujyana na gahunda ya Leta yo kuvugurura no kwagura ibitaro by’uturere, kugira ngo birusheho gufasha abaturage benshi kandi badakoze ingendo ndende.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, yavuze ko u Rwanda ruri kubaka ubushobozi bw'abaganga babaga mu rwego rwo kugeza ubwo buvuzi kuri bose
Abayobozi batandukanye bitabirye Inama Nyafurika ku buvuzi bwo kubaga
Mu Rwanda hateraniye Inama Nyafurika ku buvuzi bwo kubaga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .