Uwizeyimana yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na RBA, cyagarukaga ku bibazo by’umutekano muke muri RDC.
Yavuze ko RDC ariyo muterankunga mukuru wa M23, binyuze mu ntwaro iha ingabo za FARDC kandi zitazi kuzikoresha.
Ati “Bizeye intwaro bari bafite. Baguze intwaro pe kuko bagaragaza ingengo y’imari bakoresheje mu gisirikare, ariko (RDC) igura intwaro nta gisirikare igira. Buriya amasuka ntiyihingisha, ushobora kugira kontineri y’amasuka ariko nta bahinzi ufite abantu bazi guhinga bakazaza bakikorera ayo masuka bakayatwara ni na yo mpamvu tuvuga ko umuterankunga wa mbere wa M23 ni Leta ya Congo.”
Akomeza asobanura ko iki kibazo cy’igisirikare, ubuyobozi bwa RDC bukizi ariko bukomeza kwitwaza u Rwanda nk’impamvu yatumye igisirikare cyabo kidakomera, nyamara icyo bari biringiye ari ukugura intwaro no kwizera ko ingabo z’amahanga zizabafasha nibaramuka bafite intwaro.
Senateri Uwizeyimana kandi yavuze ko kimwe mu bituma igisirikare cya RDC kidakomera ari ruswa n’abayobozi bashaka kwigwizaho umutungo, bigatuma bashyira mu gisirikare ababonetse bose.
Ati “Congo nta gisirikare igira, ni abantu b’abajura yashyize hamwe irabegeranya ibaha intwaro ariko nta gisirikare gihari rwose keretse ukuyemo bariya bantu bambaye inyenyeri.”
Bivugwa ko RDC ari cyo gihugu cya Afurika cyaguze intwaro zihenze mu myaka mike ishize, aho cyakoresheje agera kuri miliyari enye z’amadolari.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!