Amakuru dukesha RDB avuga ko ibiganiro by’aba bayobozi bombi byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Mutarama mu 2022. Byibanze ku ishoramari uyu mugabo ashobora gutangira mu Rwanda binyuze mu kigo cye gikora imirimo y’ubwubatsi hirya no hino ku Isi yise ‘Mabetex Group’.
Mabetex Group ni kimwe mu bigo bikomeye by’ubwubatsi ku Isi, cyagiye gihabwa imishinga itandukanye irimo nko kuvugurura Ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Ibiro bya Perezida wa Kazakhstan, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri iki gihugu ndetse n’Ikibuga cy’Indege cya Nur-Sultan International Airport.
Iki kigo cyatangiye imirimo yo kuvugurura ‘Kremlin’ mu 1995, iza gusozwa mu gihe cy’amezi 11 ndetse itahwa ku mugaragaro muri Gashyantare mu 1996.
Mu 1997, Leta y’u Burusiya yageneye Behgjet Pacolli n’iki kigo cy’ubwubatsi yashinzwe igihembo cy’indashyikirwa mu bijyanye n’ubugeni n’ubuvanganzo.
Uretse kuba umushoramari, Behgjet Pacolli ni n’umwe mu banyepolitike bakomeye ku Isi cyane ko yabaye Perezida wa Kosovo mu 2011 ndetse na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu.
Nubwo ibiganiro bya Behgjet Pacolli na Clare Akamanzi byagarutse ku mahirwe y’ishoramari mu Rwanda, ntiharatangazwa inzego uyu mugabo ashobora gushyiramo amafaranga.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!