00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chriss Eazy yageze muri Suède

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 7 March 2025 saa 02:55
Yasuwe :

Chriss Eazy utegerejwe mu gitaramo agomba gukorera muri Suède, yamaze kugera mu Mujyi wa Stockholm aho agomba gususurutsa abazitabira igitaramo cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore ku wa 8 Werurwe 2025.

Akigera muri Suède, Chriss Eazy yabwiye IGIHE ko yiteguye gususurutsa abakunzi be bazitabira iki gitaramo azahuriramo na Spice Diana wo muri Uganda.

Iki gitaramo Chriss Eazy arakirangiza asubira i Kigali, mbere yo kongera gusubira i Burayi mu bitaramo bizazenguruka ibihugu binyuranye by’uwo mugabane.

Uyu muhanzi azakomereza muri Pologne ku wa 26 Mata 2025. Ku wa 3 Gicurasi 2025, Chriss Eazy azataramira i Paris, ku wa 10 Gicurasi ataramire i Bruxelles mu Bubiligi mu gihe hari ibindi bitaramo bigera kuri bitanu bitaratangazwa.

Igitaramo cyo muri Pologne giteganyijwe ku wa 26 Mata 2025, byitezwe ko Chriss Eazy azagihuriramo n’Umunya-Nigeria, Joe Boy.

Chriss Eazy ni umwe mu bahanzi bakunzwe muri iyi minsi mu Rwanda, yerekeje i Burayi mu gihe aherutse gutangaza ko ari mu nzira zo gusohora album ahuriyeho na Kevin Kade izajya hanze mu minsi iri imbere.

Chriss Eazy yishimiye kugera muri Suède

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .