Yabigarutseho ku mugoroba wo ku wa 8 Mata 2025, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyitabiriwe n’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique binyuze mu masezerano y’ubufatanye, iziri mu butumwa bwo kugarura amahoro, Abanyarwanda n’inshuti zabo n’abandi.
Byabereye muri mu kigo cya gisirikare cy’Ingabo z’u Rwanda cya Bimbo i Bangui.
Amb. Kayumba yagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi yabayeho kubera urwango n’amacakubiri ashingiye ku moko yabibwe n’Ababiligi, bayaraga ubutegetsi bwayoboye igihugu nyuma y’ubwigenge mu 1962.
Ati “U Bubiligi bwatangije politike y’amacakubiri bunashyiraho repubulika ishingiye ku moko. Uru rwango rwabibwe ari umugambi wo gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye ku wa 7 Mata 1994.”
Yanenze amahanga yananiwe gutabara u Rwanda mu gihe rwari rukeneye ubufasha, asaba ko batakongera kwemera ko biba ukundi.
Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda ziri muri CAR kubw’amasezerano y’ubufatanye bw’ibihugu byombi, Colonel Alex Nsengiyumva, yibukije abasirikare ko bafite inshingano yo kugarura amahoro mu bice bashinzwe.
Yashimangiye ko kwibuka bitavuze gusa guha agaciro Abatutsi bishwe muri Jenoside, ahubwo ko bihamya umuhate w’u Rwanda mu gukumira ko Jenoside yazongera kubaho no guteza imbere amahoro n’ubumwe binyuze mu kugarura amahoro mu Rwanda no ku Isi, bagira uruhare mu ngabo zishinzwe kugarura amahoro n’izoherezwa binyuze mu masezerano y’ubufatanye.
On the evening of 8 April, Rwanda’s Bilateral Force in the Central African Republic (CAR), together with Rwandan peacekeepers serving under the United Nations Mission (MINUSCA), the Rwandan community, and friends of Rwanda, commemorated the 31st Anniversary of the 1994 Genocide… pic.twitter.com/zQrCYAwVgO
— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) April 9, 2025




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!