00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bruxelles: Abakoze filime mbarankuru kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bahawe igihembo

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 11 January 2025 saa 08:29
Yasuwe :

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Bruxelles (Parlement de la Fédération Wallonie-Bruxelles), Benoit Dispa yahaye igihembo abakoze kuri filime mbarankuru yakozwe mu buryo bwo korohereza urubyiruko kumva amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ku bufatanye n’Ishuri-Umuco ryashinzwe n’Abanyarawanda batuye mu mujyi wa Liège, Umunyamakuru Hélène Annet na Yvan Gorré wandika agategura filimi n’ibiganiro binyura kuri Televiziyo y’u Bubiligi muri kiganiro cy’abana cyitwa “Les Niouzz”, bajyanye n’abana biga mu Ishuri-Umuco mu Rwanda hakorwa iyo filime mbarankuru.

Abo bana bajyanye na Eric Twagirimana warishinze ndetse n’uwitwa Karurenzi Donatille bafatanya ibikorwa byo kwigisha muri iryo shuri.

Iyo filime yashingiwe ku byo abo bana bagiye babona, byaba amateka ababyeyi babo babayemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’uko bababonye u Rwanda rwiyubatse.

Babifatanyaga n’ubuhamya bwa Karurenzi Donatille, warokokeye i Kabgayi, bituma filime igira umwihariko wo guhuza ibiganiro by’abana n’ubuhamya.

Ikindi ni uko amashusho n’injyana byakoreshejwe na byo byahaye imbaraga, iyi filime yiswe ‘La Force des Racines’.

Iyi filime y’iminota 26, yatoranyijwe mu zindi 19 zahataniraga igihembo ngarukamwaka cyiswe ‘Prix du Journalisme 2024 du Parlement de la Fédération Wallonie-Bruxelles.’

Yatoranyijwe kuko abakemurampaka babonye yarakoranywe ubushake n’ubwitonzi kugira ngo izabere imfashanyigisho urubyiruko mu gusobanukirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, no kumenya aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.

Babinyujije muri iyi filime, Hélène Annet na Yvan Gorré batanze umusanzu ukomeye mu gusobanura ibihe bikomeye Abanyarwanda banyuzemo, banakangurira abakiri bato guhangana n’ibibazo byugarije Isi birimo urugomo n’ivanguramoko.

Hélène Annet yasobanuye ko yakoze iyi filime kugira ngo agaragaze ibyaranze Jenoside yakorewe Abatutsi, yifashishije ubuhamya bwa Donatille Karurenzi wari ufite imyaka 13 y’amavuko mu 1994, akarokokeye i Kabgayi.

Ati “Na hano dutuye mu Burayi, urwango, urugomo no kwihakana abantu byabayeho kandi bikomeje no kugaragara. Hari n’ubwo bituruka ku tuntu duto.”

Yavuze ko intego yabo yari ukwerekana ko ibyabaye mu Rwanda n’iwabo byabayo mu gihe nta cyaba gikozwe ngo bihagarare, agaragaza ko ari n’uburyo bwo gukebura abakiri bato bakaba maso, bakamenya neza amateka, bakubahana, ntibagirane ibibazo kuko bafite byinshi bahuriyeho.

Mu kiganiro na IGIHE, Donatille Karurenzi yagaragaje ko yishimiye iki gihembo bijyanye n’uruhare kizagira mu gusobanura amateka.

Abishingira k’uko kuva iyi filime yasohoka, abarimu n’abanyeshuri bo mu Bubiligi barayifashisha, ndetse rimwe na rimwe bagatumira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo batange ubuhamya, bakarushaho gusobanukirwa.

Ati “Uretse n’igihembo twishimiye cyane urugendo duherutsemo [mu Rwanda] kuko ni rwo ntandaro y’iyi filimi mbarankuru. Byaduhaye imbaraga zo gukomeza gukundisha abana igihugu, kubasobanurira amateka yacyo, amateka ababyeyi babo baciyemo.”

Yavuze ko icyo gihembo kinasubiza agaciro abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, n’abayirokotse, kikanibutsa abatuye Isi ko bakwiye kubaka imbere heza hashingiye ku mahoro no gufashanya.

Ishuri-Umuco ryatangijwe mu mpera z’umwaka wa 2019 n’Abanyarwanda baba mu mahanga muri DRB-Rugari Liège.

Bishyize hamwe mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo no gufasha abana bakomoka ku Banyarwanda kurushaho kunga ubumwe no gusigasira umuco nyarwanda.

Eric Twagirimana uyobora Ishuri-Umuco de Liège yashimiye cyane Inteko y’Umuco, Misiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, MINUBUMWE na Polisi y’u Rwanda uko babafashije cyane mu rugendoshuri rwavuyemo iyi filime, n’abandi bose bakoze ngo iki gikorwa kigere aho kigeze kandi neza. Ati “Ndashimira cyane kandi Ababyeyi dufatanya kwigisha abana bacu umuco n’ibijyana nawo byose muri Liège, mukomeze mukigire icyanyu.”

Inteko Ishinga Amategeko ya Bruxelles (Parlement de la Fédération Wallonie-Bruxelles) yahembye abakoze filime mbarankuru igaruka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Umunyamakuru Hélène Annet na Yvan Gorré baganira n’Umunyamakuru wa IGIHE
Ubwo Umunyamakuru Hélène Annet na Yvan Gorré bahabwaga bashyikirizwaga igihembo
Abagize Ishuri - Umuco de Liège bigishwa amasomo atandukanye arimo ajyanye n'Umuco Nyarwanda
Twagirimana Eric uyobora Ishuri-Umuco de Liège yashimiyeinzego z'ubuyobozi bw'u Rwanda babafashije cyane mu rugendo shuri bakoreye mu Rwanda rwavuyemo iyi filime
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Bruxelles (Parlement de la Fédération Wallonie-Bruxelles) Benoit Dispa, akikijwe n’abanditse iyi filime n’abagize Inteko n'abari mu kanama nkemurampaka
Donatille Karurenzi mu kiganiro na IGIHE. Hari nyuma yo kwakira iki gihembo cya filime mbarankuru igaruka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yagizemo uruhare
Abana bo mu Ishuri-Umuco basuye Ingoro y'Amateka y'Urugamba rwo Guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .