00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Birashoboka ko ari ikimwaro cy’ingabo ze zatsinzwe na M23 - Dr. Mulefu ku magambo ya Perezida w’u Burundi

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 27 March 2025 saa 12:53
Yasuwe :

Inzobere mu mategeko mpuzamahanga akaba n’Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, Dr. Mulefu Alphonse, yatangaje ko impamvu ishobora kuba itera Perezida Ndayishimiye w’u Burundi gukomeza kwenyegeza intambara y’amagambo ku Rwanda, ari ikimwaro no kujijisha abenegihugu be ngo hatagira umubaza iby’ingabo ze zatsinzwe na M23.

Dr. Mulefu yabwiye RBA ko asanga Perezida Ndayishimiye adafitte ibisobanuro byo guha abaturage ku bwo gutsindwa kw’ingabo z’u Burundi zari zifatanyije n’iza RDC kurwanya M23.

Ibyo bituma akomeza gushakira impamvu ku Rwanda, avuga ko rufite gahunda yo gushoza intambara ku gihugu cye kugira ngo abenegihugu be bahugire kuri ibyo binyoma.

Ati “Ese byibuze ntibyaba bishobora kuba bituruka ku kimwaro cy’ibyababayeho bageze muri RDC [Ndayishimiye] akavuga ati ‘ibi bintu turabisobanurira dute abaturage bacu nitutavuga ko ibirimo biba ari u Rwanda’?”

Dr. Mulefu yavuze ko ayo magambo ya Perezida Ndayishimiye ashobora guteza umwuka mubi cyangwa umutekano muke mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Ibyo kandi abihurizaho na Amb.Fatuma Ndangiza uri mu badepite bahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Ibirasirazuba (EALA).

Yavuze ko amagambo y’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi azasubiza inyuma bikomeye intambwe mu bya dipolomasi iri guterwa n’ibihugu byombi mu guhosha umwuka mubi umaze iminsi ututumba.

Ati “Njye numvishe ari ijambo rintangaje kandi ukabona bitari bikwiye cyane cyane ko ubuyobozi bw’ibihugu byombi tuzi ko bumaze igihe buri mu biganiro mu rwego rwa dipolomasi byo gushakisha umuti w’ikibazo.”

“Biratangaje kuba Perezida w’ikindi gihugu avuga u Rwanda ariko akaruvuga mu buryo bwo gushakisha intambara n’ubushotoranyi bidafite ishingiro.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Nduhungirehe Olivier, abinyujije ku rububa rwa X yavuze ko amagambo ya Perezida Ndayishimiye ababaje kuko hari intambwe yari imaze guterwa mu mubano w’ibihugu byombi harimo no guhosha intambara y’amagambo.

Dr. Mulefu Alphonse yatangaje ko amagambo ya Perezida w'u Burundi ashobora kuba aterwa n'ikimwaro cy'uko Ingabo ze zatsinzwe na M23

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .