00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BioMassters imaze gutanga imbabura zitangiriza ibidukikije zigera ku 6500

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 March 2025 saa 06:54
Yasuwe :

Ikigo kizobereye mu kubungabunga ibidukikije binyuze mu kwimakaza ingufu zisubira mu mashuri, BioMassters, kigaragaza ko gikataje mu kwimakaza bene izo ngufu, aho ubu kimaze gutanga imbabura zigezweho 6500 ku baturage bo mu bice bitandukanye byo mu Rwanda.

BioMassters yabitangaje ubwo yari mu mahugurwa yateguye ku bufatanye n’Umuryango wita ku ngufu zisubira, World Bioenergy Association, agamije kwiga ku buryo bwo gufasha amashuri kubona ingufu zifashishwa mu guteka zitangiza.

Ayo mahugurwa yari agamije kureba uko hakwimakazwa ibicanwa bizwi nka paleti biba byaturutse ku gutunganya ibisigazwa by’ibiti nk’ibarizo n’ibindi, bikaba byasimbura inkwi, amakara n’ibindi bicanwa bikomoka ku bidukikije.

Yitabiriwe n’abo mu nzego zitandukanye za leta n’iz’abikorera nk’uburezi, abahanga mu by’ingufu, abafata ibyemezo bitandukanye n’abandi.

BioMassters yayateguye ni ikigo cyo mu Rwanda cyashinzwe mu 2020 hagamijwe guhangana no kurwanya ihindagurika ry’ibihe, binyuze mu kwimakaza ibicanwa bitangiza ikirere.

Iki kigo gifite uruganda i Rubavu kikanagira amaduka mu Mujyi wa Kigali, kimaze gutanga imbabura 6500 zigezweho zafasha mu gutekera ahasukuye zikanafasha mu kurengera ibidukikije kuko zidasohora imyuka.

Iki kigo gitanga imbabura ziri mu moko abiri arimo iz’ibyuma n’izindi zikorerwa mu Rwanda hifashishijwe amatafari, zose zifite umwihariko mu guteka neza, kuko zitarekura imyotsi kandi zigakoresha ibicanwa bitangiza.

Umuyobozi Mukuru wa BioMassters, Claudia Muench, yavuze ko intumbero yabo ari ugufasha Abaturarwanda kwimakaza uburyo bwo guteka bugezweho, bubarinda indwara z’ubuhumekero, budahenze ndetse bufasha mu kubungabunga ibidukikije.

Ati “Binyuze mu kwimakaza ibicanwa bya paleti bikozwe mu bisigazwa by’ibiti mu Rwanda, turi kugerageza kugabanya uburyo bwo guteka burekura imyotsi yangiza, twibanda ku bugezweho ndetse bunafasha abanyeshuri bacu bari ku mashuri.”

Umuyobozi Mukuru wa World Bioenergy Association, Dr. Christian Rakos, yagaragaje ko ubwo buryo bw’imitekere ari ingirakamaro, yemeza ko ibyo BioMassters imaze kugeraho bitanga icyizere.

Ati “Ubu buryo butewe inkunga ifatika ndetse hagakorwa n’igenamigambi rinoze, bwakwagurwa ndetse bukungura abaturage benshi mu Rwanda n’abo mu bindi bihugu.”

Umuyobozi wa BioMassters, Sylvain Rucyaha, yavuze ko umushinga wabo wo kwifashisha ibi bicanwa bitangiza mu mashuri byatanze umusaruro, bugabanya imyotsi ndetse bigaragazwa ko bubungabunga ibidukikije binyuze mu kurwanya iyangirika ry’ikirere.

Yavuze kandi ko inkwi zisanzwe zikoreshwa zagabanyijwe, bigabanya igiciro bakoreshaga mu kugura inkwi zakoreshwaga, ibituma uburyo bwo guteka mu mashuri butwara amafaranga make.

Umuyobozi muri Erlauf Investment GmbH, Dr. Peter Sommerer, na we yagaragaje ko abantu bakwiriye gushora imari mu mishinga nk’iyi ibungabunga ibidukikije, iteza imbere ubuzima bw’abaturage ari na ko iteza imbere ubukungu bw’igihugu.

Ati “Gushora imari mu mishinga nk’iyi bizagira uruhare rukomeye mu kubungabunga ibidukikije no guteza imbere ejo hazaza.”

Mu gihe u Rwanda rukomeje guteza imbere ibijyanye no kwimakaza ingufu zisubira, ibigo nka BioMassters na World Bioenergy Association ni bimwe mu byitezweho gufasha igihugu gukomeza kwagura iyo gahunda.

Imbabura ikorerwa mu Rwanda na BioMassters itangiza ibidukikije
Imbabura y'icyuma ya BioMassters ifasha mu gukoresha ibicanwa bike
Abo mu Kigo cy'Amashuri cya Sainte Michel batangiye gukoresha ingufu zitangiza mu guteka
Abayobozi batandukanye basuye Ikigo cy'Amashuri cya Saint Michel cyatangiye gukoresha ingufu zitangiza mu guteka
Umuyobozi Mukuru wa BioMassters, Claudia Muench, agaragaza uburyo bari gufasha Abanyarwanda kwimakaza ingufu zitangiza
Umuyobozi muri Principal of Erlauf Investment GmbH, Dr Peter Sommerer, yagaragaje ko umushinga wa BioMassters wo guteza imbere ingufu zitangizwa ukwiriye gushorwamo imari
Umuyobozi Mukuru wa World Bioenergy Association, Dr. Christian Rakos
Umuyobozi wa BioMassters, Sylvain Rucyaha, avuga ku mishinga bafite yo gukwirakwiza mu Rwanda imbabura zikoresha ibicanwa bike
Haganiriwe ku buryo bugezweho bwo gukoresha ingufu zitangiza
BioMassters yateguye amahugurwa mu kwimakaza ingufu zitangiza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .