00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bethany Hotel yagabanyije ibiciro, itegura impano zizahabwa abakiliya mu minsi mikuru

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 December 2024 saa 02:55
Yasuwe :

Bethany Hotel iri muri hoteli zibarizwa mu kigo Bethany Investment Group, yagabanyije 10% by’ibiciro ku byumba byayo, mu rwego rwo kurushaho gufasha abayigana kugira ibihe byiza muri iyi minsi mikuru.

Umuyobozi wa Bethany Investment Group ifite hoteli eshanu mu bice bitandukanye by’u Rwanda, Ntwali Janvier, yavuze ko bagabanyije ibiciro mu rwego rwo gufasha abakiliya kuryoherwa n’iminsi mikuru.

Ati "Muri ibi bihe by’iminsi mikuru, ni igihe abantu bahura n’imiryango yabo bagatembera, bakajya kwishimira ubuzima. Natwe niyo mpamvu twafashe gahunda yo kugabanya ibiciro kugira ngo abakiliya bacu baryoherwe n’iminsi mikuru kandi mu buryo buboroheye."

Muri ibi bihe kandi, iyi hoteli yateguye ibikorwa bitandukanye birimo ibizashimisha abana. Bimwe muri ibyo bikorwa birimo ibya Pele Noël izerekwa abana ndetse bakazahabwa impano ku munsi wa Noheli, mu gihe ababyeyi bateguriwe ’Chrismas Buffet’ izabafasha kuryoherwa n’iminsi mikuru."

Ntwali yasobanuye ko ibi bikorwa byose bigerwaho kubera umutekano uri mu Rwanda, avuga ko ari ibyiza biterwa n’ubuyobozi bwiza buri mu Rwanda, ati "Ndashimira Perezida Paul Kagame, ni we utuma tugira umutekano abantu bagatembera natwe tugakora ishoramari riteza imbere igihugu kuko rihanga imirimo."

Bethany Hotel Karongi ni imwe mu mahoteli yashinzwe bwa mbere mu yahoze ari Kibuye mu myaka ya 1980. Kugeza ubu iracyari mu zikomeye zibarizwa muri ako karere kazwiho ubukerarugendo.

Bethany Investment Group ifite hoteli zizwi nka Bethany mu bice bitandukanye by’u Rwanda birimo Karongi, Rubavu, Nyagatare na hoteli ebyiri ziherereye mu mujyi wa Kigali.

Yifurije abakiliya b’iyi hoteli kugira Noheli nziza n’umwaka mushya muhire.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .