00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bari bafite n’inshingano muri FARDC: Twaganiriye na bamwe mu bacanshuro bakoreraga muri RDC

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 29 January 2025 saa 11:57
Yasuwe :

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ahagana saa 17:50, ni bwo abacanshuro barenga 280 biganjemo abo muri Romania, barwanaga ku ruhande rw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu guhangana n’umutwe wa M23, bagejejwe ku Kibuga Mpuzahamanga cy’Indege cya Kigali, ngo basubizwe mu bihugu byabo.

Bahageze nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa 29 Werurwe 2025, aba bacanshuro barimo abo mu mutwe wa RALF wo muri Romania n’abo mu Ihuriro ry’ibigo byigenga bya gisirikare [MPC], Ajemira ryo muri Bulgaria, banyuze mu Rwanda bava i Goma nyuma yo gusabirwa inzira na M23.

Nyuma y’aho umutwe wa M23 wigaruriye Umujyi wa Goma utsinze Ingabo za FARDC, n’abo zafatanyaga na bo, aba bacanshuro bishyikirije MONUSCO.

Bakimara kugera ku kibuga cy’indege, twaganiriye batubwira uko urugendo rubakura ku mupaka rwari rwifashe.

Uretse kurwana, aba bacanshuro bari banafite inshingano zimwe na zimwe muri FARDC.

Umwe mu baganiriye na IGIHE, wari umaze umwaka umwe n’amezi umunani mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu Mujyi wa Goma, yavuze ko nyuma y’uko M23 igeze muri uyu mujyi ikanawigarurira, bahise bahungira kuri Monusco.

Ati “Nturuka muri Romania, mfite impamyabumenyi mu bijyanye n’ubuvuzi, nkaba nakoraga ku bijyanye n’ubuzima mu ngabo za FARDC. Urugendo rudukura i Goma tuza mu Rwanda, rwari ruto kandi byose byagenze neza, twinjiye mu Rwanda nk’impunzi kugira ngo dufashwe kugera muri Romania,”

Ku mikoraniye yabo na RDC, yavuze ko “Amasezerano uko yari ameze, yari amezi atatu ahora avugururwa uko amwe arangiye, tugakoramo abiri, kumwe tukakuruhuka. Ajemira ni yo yaduhaye akazi.”

Undi ukomoka muri Repubulika ya Mordovie, yavuze ko yari amaze umwaka muri Goma akorana na FARDC.

Ati “Njye nari nshinzwe gutegura ingabo za FARDC mu buryo bw’imyitozo kugira ngo babe bashoboye ku rugamba. Mu kugera i Kigali, twafashwe neza ntacyo twigeze tubura.”

Undi nawe ukomoka muri Romania, yavuze ko “Nari maze imyaka 13 nkorera iki kigo cya gisirikare haza umushinga mushya [wo kujya muri RDC] ndaza nk’aba nari umutoza w’ingabo za FARDC. Natangiye kuhakorera guhera mu Ukuboza 2022.”

“Ubwo M23 yasatiraga Goma, twahungiye kuri Loni muri Goma gusaba ubuhunzi ni yo mpamvu turi mu Rwanda. Ntekereza ko kuba turi aha, igihugu cyacu cyasabye Guverinoma y’u Rwanda kuba yadufasha, narwo rurabyemera.”

Biteganyijwe ko kuri uyu wa 30 Mutarama 2025, ari bwo aba bacanshuro burira indege bajya mu bihugu byabo bavuye i Kigali.

Ubwo bisi zari zitwaye aba bacanshuro zageraga ku kibuga cy'indege
Ubwo aba bacanshuro basohokaga muri bisi, bageze ku Kibuga cy'Indege cya Kigali
Benshi muri aba bacanshuro bari biganjemo abo muri Romania
Mbere yo kwinjira babanzaga gusakwa
Hari n'abafite ibikomere muri bo, bishobora kuba byaratewe n'imirwano
Benshi muri bo biganjemo abo muri Romania

Amafoto: Nezerwa Salomon


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .