00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Australie: Umusore w’imyaka 17 yafatanywe imbunda mu ndege

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 7 March 2025 saa 09:14
Yasuwe :

Police yo muri Australie yatangaje ko yataye muri yombi umusore w’imyaka 17 winjiranye imbunda n’amasasu mu ndege.

Kuri uyu wa 6 Werurwe 2025, ni bwo hagaragaye amashusho uyu musore ari kurwana n’abagenzi ndetse n’abakozi mbere y’uko indege yiteguraga guhaguruka ku Kibuga cy’Indege cya Avalon, hafi y’Umujyi wa Melbourne, aho yari irimo abagenzi 160 berekeza i Sydney.

Polisi ivuga ko uyu musore yinjiye ku kibuga cy’indege yabanje gusenya uruzitiro rwo ku kibuga cy’indege, mbere y’uko ahagarikwa agasubizwa hasi.

Uyu musore w’imyaka 17 wo mu gace ka Ballarat utatangajwe imyirondoro, yahise atabwa muri yombi nyuma akazajyanwa kuburanira mu rukiko ruburanisha abana aho azaburana ku byaha umunani ashinjwa.

Police yahise itangira gusaka imodoka ndetse n’ibikapu bibiri byari hafi aho ireba ko hari izindi ntwaro zaba zirimo.

Umuyobozi wa Polisi muri ako gace, Michael Reid, yemereye itangazamakuru ko uyu musore yafashwe n’abagenzi batatu afite imbunda ubwo yazamukaga ajya mu ndege. Gusa yatangaje ko nta muntu wigeze akomerekera muri izo mvururu

Reid yavuze ko bari gukorana n’abashinzwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba ariko hakiri kare kwemeza icyateye uyu musore gukora ibi.

Ati “Nta gushidikanya ibyabaye byateye ubwoba abagenzi gusa turabashimira ko bagaragaje umutima ukomeye cyane cyane kuri bariya bamufashe.”

Umwe mu bagenzi yabwiye Televisiyo ya ABC ko uyu musore ucyekwa yari yambaye nk’abakozi bakora ku kibuga cy’indege.

Umusore w'imyaka 17 yashatse kwinjira imbunda mu ndege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .