00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Munyangaju Mimosa yashyikirije Umwami wa Luxembourg impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 21 March 2025 saa 12:05
Yasuwe :

Ambasaderi mushya w’u Rwanda mu Bwami bwa Luxembourg, Munyangaju Aurore Mimosa, yashyikirije Umwami Henri impapuro zimwemerera kuruhugararira muri icyo gihugu.

Ku wa Kane, tariki ya 20 Werurwe 2025, ni bwo Amb. Munyangaju Aurore Mimosa yakiriwe n’Umwami Henri Albert Gabriel Félix Marie Guillaume.

Ifungurwa rya Ambasade ya mbere y’u Rwanda mu Bwami bwa Luxembourg ni intambwe nshya ishimangira umubano w’igihe kirekire hagati y’ibihugu byombi.

Iyi Ambasade izibanda ku guteza imbere umubano w’ibihugu byombi mu bijyanye n’ubucuruzi n’iterambere.

Mu myaka yashize, u Rwanda rwahagararirwaga mu Mujyi wa Luxembourg binyuze muri Ambasade yarwo y’i Bruxelles mu Bubiligi.

Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 18 Ukwakira 2024, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, muri Village Urugwiro, ni yo yemeje Munyangaju Aurore Mimosa nka Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg.

Amb. Munyangaju yabaye Minisiteri wa Siporo kuva mu Ugushyingo 2019, kugeza mu Ukwakira 2024.

Mbere y’uko yinjira muri Guverinoma, Amb. Munyangaju yakoze imirimo itandukanye irimo ibijyanye n’amabanki, ubucuruzi n’ubwishingizi mu bigo bitandukanye birimo ibyo mu Rwanda n’ibyo ku rwego rwa Afurika.

Amb. Munyangaju Aurore Mimosa yashyikirije Umwami Henri impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Luxembourg

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .