00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amasaha ya nyuma y’Ingabo za Congo mu Mujyi wa Bukavu (Amafoto na Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 February 2025 saa 10:30
Yasuwe :

Nta muturage n’umwe wo muri Kivu y’Amajyepfo by’umwihariko mu Mujyi wa Bukavu watunguwe ubwo ku wa Gatanu tariki ya 14 Gashyantare, umutwe wa M23 winjiraga muri aka gace. Bose bari bamaze iminsi babyiteguye, banasaba ko abarwanyi b’uwo mutwe babatabara bwangu kubera akarengane bari bamaze iminsi bahura nako.

Moise Shako akora mu rwego rushinzwe imisoro muri RDC kuva mu 2002. Kuva icyo gihe cyose, nta mushahara arabona, gusa ngo abona agahimbazamusyi ka buri kwezi bitewe n’ingano y’imisoro yinjije.

Yabwiye Umunyamakuru wa IGIHE ko ako aheruka ari ak’ukwezi kwa Ugushyingo, ubwo yabonaga hafi 1000$. Ariko ngo hari ukwezi yabonye amafaranga ibihumbi birindwi by’amanye-Congo, atagera no ku madolari abiri.

Kuri we, M23 ifata Umujyi wa Bukavu, byari birenze izindi mpamvu kuko usibye kudahembwa no guhohoterwa mu bundi buryo, hiyongeragaho no kugirirwa nabi kuko yashatse umugore w’Umunyarwandakazi.

Ubu atuye ahitwa Feu Vert, umugore we witwa Ingabire avuka i Gikondo mu Mujyi wa Kigali.

Ati “Ahantu hose ngeze bavuga ko ndi Umunyarwanda kubera ko narongoye umunyarwandakazi. Njye ntacyo bintwara kubera ko ndi Umukongomani, mfite uburenganzira bwo gukora hano kandi mfite uburenganzira bwo kubana n’Umunyarwandakazi. Twese turi Abanyafurika.”

Yasobanuye ko akibona abarwanyi ba M23 binjiye mu Mujyi, yavuye aho yari atuye, yiruka ajya mu Mujyi kubasanganira. Ngo mu nzira agenda, yahuye n’abasirikare ba FARDC bahunga, bamubwira ko ari icyitso cya M23.

Ati “ Njye nari ahitwa Ngouba, nkimenya ko baje numvise nezerewe njya kubarindirira ahitwa kuri Place.”

Muri ayo masaha yo ku wa Gatanu, ngo abasirikare ba FARDC bahise birara mu maduka hirya no hino, barasahura, abandi bata imyenda ya gisirikare bariruka. Mu kigo cya gisirikare cya Camp Saio, urubyiruko rwabonye abasirikare bahunze, rwinjiramo rufata intwaro.

Hari abaturage bamwe babwiye IGIHE ko mu bigo bya gisirikare bimwe na bimwe, hari aho abaturage binjiye, bakajya bishyura abasirikare bamwe bari basigayemo kugira ngo babigishe uko bakoresha intwaro.

Umwe yishyuraga amafaranga 1000 akoreshwa muri Congo, umusirikare akamwereka uko imbunda ikoreshwa. Hamwe na hamwe, ngo abo basirikare bamufashaga kurasa inshuro eshatu, hanyuma agakomeza ajya gukoresha iyo ntwaro mu bikorwa byo kwiba.

Patrick Muganga Bagalwa wakuriye i Bukavu, yavuze ko bari bafite ikibazo gikomeye muri uyu mujyi, kuko bari babangamiye abaturage, ku buryo Abapolisi basangaga umuturage aho ari, bagatwara ibintu bye batabajije.

Ati “Twarakubititse cyane”.

Mugenzi we yavuze ko ubwo M23 yari igeze i Kavumu, yasabye abasirikare ba FARDC kuva aho bari, ariko ngo bo bahise birukankira mu bikorwa by’abaturage batangira gusahura.

Ati “Bibye ibintu mu nzu z’ubucuruzi, bajya mu tubyiniro bica abantu, byarabaye i Kavumu.”

Ku wa Kabiri, Croix Rouge yatoraguye imirambo y’abantu barenga 20 bivugwa ko baguye mu bikorwa by’ubusahuzi bya FARDC n’andi mabandi.

Undi mubyeyi utuye muri Quartier Nyawera, yavuze ko abantu binjiye mu ngo zabo basahura bari Abapolisi, ahandi bari Abasirikare. Ati “ Mu gace ka Panzi, twabonye abantu babiri baharasiye. Muri Panzi, ububiko bw’ibicuruzwa byinshi bwarasahuwe cyane."

Umuvugizi w’Umutwe wa M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibyo M23 yasanze mu Mujyi wa Bukavu, byari nka filimi ibabaje. Ati “Twasanze Umujyi umeze nk’ikuzimu, abantu bari bahungabanye, inzu zasahuwe, ubu kuva turi aha, nibura abantu bongeye kugira icyizere, warabibonye mu mashusho ubwo twazaga, abantu bakomaga amashyi bati ’murakaza neza mu Mujyi wa Bukavu’. Ibyo twasanze mu Mujyi wa Bukavu biteye agahinda.”

Kanyuka yavuze ko bakomeje gusaba abasirikare ba FARDC aho bari hose, kwiyunga na M23, abashaka gukorera igihugu bagahabwa imyitozo, abafite ibyo bakurikiranyweho n’ubutabera nabo bakabiryozwa.

Ati “Abashaka gukomeza mu gisirikare, turabafasha abashaka gusubira mu buzima busanzwe nk’abasivile, nabo turabafasha ariko tubaha ubutumwa, tukababwira tuti ’mutwegere n’intwaro zanyu, muzidushyikirize.’”

Yongeyeho ati “Hari aho bose bahurira, tureba abanyabyaha tukabashyikiriza ababishinzwe, hari benshi bari kuza, bamwe si abasirikare.”

M23 isobanura ko urugendo rukomeje no mu bindi bice. Mu masaha y’umugoroba kuri uyu wa Kabiri, abarwanyi ba M23 bari batangiye kwinjira mu bice bya Kamanyola.

Ku mupaka, amakamyo atwaye ibicuruzwa ari kwambuka nk'ibisanzwe
Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko urugamba ruzahagarara mu gihe cyose ubutegetsi bwa Tshisekedi buzaba bwahagaritse ibikorwa byo guhohotera abaturage
Litiro ya lisansi iri kugura ibihumbi umunani by'amafaranga akoreshwa muri Congo. Yikubye inshuro zirenga ebyiri
Inyubako zikorerwamo ubucuruzi zarasahuwe ku buryo bamwe bacyisuganya ngo bongere bakore
Aho wagera hose muri Bukavu, abantu baba ari urujya n'uruza
Ibikorwa by'ubucuruzi i Bukavu byakomeje nta nkomyi
Benshi mu barwanyi ba M23 ni urubyiruko rwiyemeje kurwanirira igihugu cy'ababyeyi babo
Abarwanyi ba M23 baboneka mu nkengero zose z'uyu mujyi amanywa n'ijoro
Station za lisansi zikora ni nke, ahubwo ahenshi bayicuruza mu majerekani
Muri Quartier yitwa Cap, amaduka menshi aracyafunze nyuma yo gusahurwa
Abamotari baracyatwara abantu barenze babiri nk'uko byari bimeze na mbere...
Hotel Riviera imwe mu ziboneka umuntu acyinjira i Bukavu zasubukuye imirimo
Urujya n'uruza ni urusanzwe nubwo ibikorwaremezo ari ikibazo gikomeye
Mu nkengero za Place de l'Indépendance, inzu zaho ni uku zimeze. Abazituyemo bavuga ko batazongera kwemera ko FARDC ihungabanya umutekano wabo
Mu Mujyi wa Bukavu abaturage bakomeje imirimo yabo nyuma y'igihe bacunaguzwa na FARDC
Kuri Place de l'independance ubuzima ni ubusanzwe ndetse abaturage bavuga ko batekanye

Amafoto: Kwizera Herve

Video: Muneza Pacifique


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .