Iki cyicaro cyari giherereye i Remera hafi ya Stade Amahoro, giherutse kwimurirwa mu karere ka Gasabo, Umurenge wa Remera, Akagari ka Rukiri II, umudugudu wa Rebero. Ni hafi y’inyubako ikoreramo AVEGA ku muhanda KG 201 St, ujya ku bitaro bya La Croix du Sud ahazwi nko kwa Nyirinkwaya.
Byakozwe mu rwego rwo kubahiriza igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali, kugira ngo hubakwe ibikorwaremezo biri mu mushinga w’igicumbi cya siporo.
Uretse inyubako Polisi y’Umujyi wa Kigali yakoreragamo yatangiye gusenywa, biteganyijwe ko n’izindi nyubako zitari mu gishushanyo mbonera zegereye hafi aho, nazo zizasenywa.
Inyubako Polisi y’Umujyi wa Kigali yakoreragamo yatashywe muri Mata 2015, itwaye miliyari 1.5 Frw. Yari igamije gukemura ikibazo cy’ubuke bw’ibiro byo gukoreramo ku nzego za Leta.
Mu 2020 Minisiteri y’ibikorwaremezo yatangaje ko agace iyo nyubako iherereyemo hari umushinga wo kubaka ibikorwa remezo bya siporo zitandukanye i Remera, hakagurwa Stade Amahoro ndetse na Petit Stade ziyongera kuri Kigali Arena yubatswe mu 2019.










Amafoto: Munyakuri Prince
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!