00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Agapeti ka mudugudu, ikiziriko na ruswa y’igitsina: Ishusho ya ruswa mu nzego zegerejwe abaturage

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 4 April 2025 saa 07:57
Yasuwe :

Sena y’u Rwanda yatangaje ko mu bushakashatsi yakoze, yasanze hari ibikorwa bya ruswa bikigaragara mu nzego z’imitegekere ya Leta zegerejwe abaturage, harimo ibyo abaturage bita agapeti ka mudugudu n’aho abantu basezeranya cyangwa hagakorwa imibonano mpuzabitsina kugira ngo babone cyangwa batange serivisi.

U Rwanda ruri ku mwanya wa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba mu kurangwamo ruswa nke, n’uwa kane muri Afurika.

Gusa Raporo y’ibikorwa by’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda ya 2023/2024, igaragaza ko hakiriwe ibirego 1070, birimo 473 byaregewe inkiko, na ho 467 birashyingurwa kuko byaburiwe ibimenyetso.

Mu ngendo Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere yakoreye mu turere dutandukanye igenzura ibikorwa by’inzego zegerejwe abaturage, Perezida wayo Senateri, Usta Kaitesi, yatangaje ko abaturage babona neza ko ruswa itangwa mu nzego zimwe zibegereye.

Ati “Hari abazita ikiziriko, ubusanzwe muri gahunda ya Girinka nta muntu ugira ikiguzi atanga ariko kugira ngo hagire ubonamo amafaranga yifuza babyita ikiziriko. Ubwo umuntu agatanga ayo mafaranga azi ko akwiriye kuyatanga ariko ubusanzwe atakabaye ayatanga.”

“Iyo ari igihe cyo kugurisha ubutaka n’ibindi, baracyasaba inzoga z’abagabo kandi uko amategeko abiteganya mu byo kugurisha nta nzoga z’abagabo zakabayeho. Hari aho batubwiye ngo hari ako bita agapeti ka mudugudu, na ho abandi bakagira ibyo bita akantu.”

Senateri Kaitesi yavuze ko abantu bagiye bashyiraho uburyo butandukanye butuma bibonera indonke batakabaye babona.

Ati “Banatubwiye ko habaho gusaba, gusezeranya cyangwa gukora imibonano mpuzabitsina kugira ngo umuntu abone cyangwa atange serivisi, gufata icyemezo hashingiwe ku kimenyane, kudasobanura inkomoko y’umutungo, gusonera binyuranye n’amategeko cyangwa kwiha inyungu zinyuranye n’amategeko.”

Abayobozi mu nzego z’ibanze barimo abigwizaho imirimo bagakora n’iyo badashinzwe kugira ngo bashobore kuyibyaza indonke.

Senateri Kaitesi ati “Twese aho dutuye tugira ba mudugudu, ariko usanga mudugudu ari we uhagarariye urwego bivugwa ko hari ibikorwa byinshi asigaye akora yakabaye akorana na komite bigatuma asa nk’aho abaye kamara ariko ntagire n’umubuza iyo atangiye kurenza ibyo yakabaye atemerewe gukora.”

Senateri Uwizeyimana yagaragaje ko hari abaturage bafite umuco wo kutanyurwa n’imyanzuro ifatwa n’inzego z’ibanze n’iz’ubutabera ku buryo birangira batanze ruswa y’inka eshanu baburana ihene imwe.

Ati “Yego hariho inzego usanga zinuba abaturage, akavuga ngo ni wowe ugarutse? Niba utagikemura kizakomeza kigaruke ariko ikigaragara ni ikintu kimeze nk’umuco wo kutanyurwa n’ibyemezo byafashwe, umuntu arashaka gukomeza guhanyanyaza bya bindi umuntu ashobora gutanga ruswa y’inka eshanu aburana ihene ariko akanga agatsinda.”

Abaturage bagaragaje ko kwimakaza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga biri mu byakemura ikibazo cya ruswa mu nzego zegerejwe abaturaje.

Ubushakashatsi kuri Ruswa mu Rwanda [Rwanda Bribery Index: RBI] bwa 2024, bwagaragaje ko 92% y’abantu bakwa ruswa batajya bayatanga.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bugaragaza ko bwakurikiranye abantu ibihumbi 11 bari bakurikiranyweho ibyaha bya ruswa mu myaka itanu ishize.

Senateri Usta Kaitesi (ibumoso) yavuze ko ruswa yitwa amazina menshi
Sena yiyemeje kuzakomeza gukurikirana ibibazo bya ruswa bigaragara mu nzego zegerejwe abaturage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .