00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abitabiriye amarushanwa ya YouthConnekt 2024 bagabanyijwe miliyoni 500 Frw

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 18 February 2025 saa 10:38
Yasuwe :

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yatangaje ko mu marushanwa ya YouthConnekt 2024 hakoreshejwe arenga miliyoni 500 Frw mu guhemba abayitabiriye guhera ku rwego rw’Umurenge kugera ku rw’Igihugu.

Ayo arimo arenga miliyoni 100 Frw zatsindiwe n’abantu icyenda bahize abandi mu byiciro byose barimo n’Umunyarwenya Fally Merci watangije ibitaramo by’urwenya bya GenZ Comedy.

Ni amarushanwa yasojwe kuri uyu wa 18 Gashyantare 2025, aho hahembwe abantu icyenda bahize abandi mu byiciro bitandukanye mu gushyigikira urubyiruko rukora ishoramari no kuruzamura.

Abiyandikishije bose hamwe bari 2.268, abarushanyijwe ku rwego rw’Akarere 643, hahembwa 30 ku rwego rw’Intara n’Umujyi wa Kigali, aho buri wese yahawe miliyoni 1 Frw.

Hatanzwe kandi amahugurwa y’ubucuruzi kuri ba rwiyemezamirimo 260 bafite imishinga itanga icyizere aho uzabona make muri abo azahabwa miliyoni 1 Frw yo kumuherekeza mu gihe hahembwe arenga miliyoni 125 Frw ku bahize abandi.

Abahembwe ni Uwineza Peace Shakirah wamenyekanye cyane muri Sinema, aho ubu akora urusenda yise ‘Neza Chill’ wahembwe miliyoni 5 Frw mu cyiciro cy’abagore, ku cyiciro cy’urubyiruko rufite ubumuga hatsinze Ufitimana Aimée Pacifique wahawe miliyoni 5 Frw.

Mu cyiciro cy’ubuhanzi ‘Artconnekt’ hahembwe Uwiduhaye Ligobert ufite ikigo cya Studio of African Wildlife wahembwe miliyoni 10 Frw, Merci Ndaruhutse wa Gen-Z Comedy yegukana miliyoni 10 Frw, mu gihe Biseruka Joshua na we ukora ibijyanye n’inkuru z’urugendo yahembwe miliyoni 10 Frw.

Hari kandi Bizimana Janvier wegukanye miliyoni 25 Frw ahigitse abandi mu cyiciro cy’ubuhinzi n’ubworozi, Michel Nshimiyimana yegukana miliyoni 15 Frw, Dufatanye Jean Claude wegukanye miliyoni 20 Frw, mu gihe Muhorakeye Annet na we yegukanye miliyoni 25 Frw.

Umunyarwenya Fally Merci wavuze ahagarariye abegukanye ibihembo yashimiye Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ku bwo gushyigikira urubyiruko n’ubuhanzi muri rusange.

Ati “Ubuhanzi bwagutunga, nta bahanzi muzi butunze? Turashimira Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi kuba yaratekereje ku buhanzi kuko ubuhanzi bugera kure.”

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yabwiye urubyiruko ko bazakomeza kuruba hafi mu rugendo rw’iterambere.

Yagaragaje ko kuri ubu hirya no hino mu gihugu hashyizweho ahantu urubyiruko rushobora gutyariza ubumenyi mu kwagura imishinga yarwo, Hanga Hubs, arushishikariza kujya rwitabira gukoresha ibyo bikorwa remezo byashyizweho.

Minisitiri Ingabire yerekanye ko hashyizweho undi mushinga wiswe Hanga Ventures ugamije gutera inkunga y’igishoro kuri ba rwiyemezamirimo bato, abasaba kuwitabira mu kwagura ibikorwa byabo.

Ati “Hashyizweho n’umushinga wa Hanga Ventures ugamije kuba watanga igishoro kuri mwebwe ba rwiyemezamirimo bato, hagati ya miliyoni 50 Frw na miliyoni 100 Frw. Ni umushinga twatangije mu cyumweru gishize ukazakomeza umwaka wose. Ndakangurira ba rwiyemezamirimo bari hano kuwugana, buri uko ufite umushinga wanogeje wifuza kubonera igishoro ngo igitekerezo cyawe ukigereho, ushobora kugana urubuga rwacu ukagerageza amahirwe.”

Yagaragaje ko mu mezi abiri igiciro cya Internet kizaba cyagabanyijwe ku bigo n’imishinga bigitangira na cyane ko byari byagaragajwe nk’imbogamizi, asaba urubyiruko gushyira imbaraga mu byo rukora.

Ati “Icyangombwa si amafaranga mubona uyu munsi cyangwa mu minsi iri imbere mu mishinga dufite nka Leta n’abafatanyabikorwa bacu, icy’ingenzi ni umusaruro mushobora kuba mwabona. Mukaba muri hano mutwereka ibyo mumaze kwigezaho n’ibyo mumaze kugeza ku rubyiruko rugenzi rwanyu.”

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye abatsinze muri aya marushanwa gukoresha neza inkunga bahawe no guharanira iterambere ry’imishinga yabo bagamije kwiteza imbere no guteza imbere bagenzi babo.

Ati “Hari ababona aya mafaranga, agataha ajya kwihemba, akayanywera inzoga, akazajya gufata iki gihembo cyo kuzamura ishoramari rye yarayamazemo kubera kwikopesha. Ndagira ngo mbabwire ko ibintu byose twirinda yaba mwebwe mwatsinze, abari gushaka ibyo bakora ndetse n’abari mu mashuri, mujye mwirinda inzoga. Tunywe gake. Inzoga zitaruvangira ukaba wari mu murongo mwiza w’ishoramari ukawusenya kubera ubusinzi.”

Umuyobozi wungirije wa UNDP mu Rwanda, Shaima Hussein, yashimye uko urubyiruko rw’u Rwanda rukataje mu guhanga imirimo, ashimangira ko ari intangiriro nziza yo guhanga udushya, gukemura ibibazo no guhanga akazi mu guharanira iterambere rya Afurika.

Icyenda bahembwe nk'abahize abandi begukanye miliyoni 125 Frw
Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Abdallah, yasabye urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe rwashyiriweho
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo, Gaspard Musonera, yasabye urubyiruko kurushaho gukora cyane
Umuyobozi wungirije wa UNDP mu Rwanda, Shaima Hussein , yashimye uko urubyiruko rw’u Rwanda rukataje mu guhanga imirimo
Urubyiruko rwasabwe kwirinda ibyakwangiza intego zarwo
Urubyiruko 260 nibura buri umwe agomba kubona miliyoni 1 Frw
Uwineza Peace Shakirah wamenyekanye muri filime z’urwenya zitandukanye nka Mbaya Series na Subu Comedy, yegukanye igihembo cya miliyoni 5 Frw
Ufitimana Aime Pacifique ni we watsinze mu cyiciro cy'abafite ubumuga yegukana miliyoni 5 Frw
Minisitiri w'Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yavuze ko igihugu gishyize imbere iterambere ry'urubyiruko
Uyu yabaye uwa kabiri mu cyiciro cye atsindira miliyoni 20 Frw
Muhorakeye Annet yahize abandi yegukana miliyoni 25 Frw
Abahembwe basabwe kwifashisha amafaranga bahawe mu kwagura ibikorwa byabo bikagirira umumaro benshi aho kwihutira kujya kuyanywamo agatama
Muhorakeye Annet ukora ikawa akanigisha urubyiruko uko itunganywa ari mu bahawe igihembo nyamukuru muri YouthConnect 2024
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yabwiye urubyiruko ko bazakomeza kuruba hafi mu rugendo rw’iterambere
Janvier Nsanzimana nyir'umushinga wa Innovative for Better Independence Ltd ari mu baje ku isonga aho yahembwe miliyoni 25 Frw
Ufitimana Pacifique yatsinze mu cyiciro cy'abafite ubumuga
Uwiduhaye Ligobert ufite ikigo cya Studio of African Wildlife yahembwe miliyoni 10 Frw

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .