Abayitabiriye iyi siporo bahuriye mu mihanda isanzwe ikoreshwa, biganjemo abafite ibirango biriho ubutumwa bwo gushishikariza abantu kurandura burundu kanseri y’inkondo y’umura.
Usibye urubyiruko rwari ku mubare wo hejuru, ni siporo yitabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, Minisitiri w’Ubuzima, Sabin Nsanzimana n’abandi bayobozi barimo n’ab’Umujyi wa Kigali.
Car Free Day ni siporo rusange yatangijwe muri Gicurasi 2016 igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali umuco wo gukora siporo no kubiborohereza, gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama bakanapimwa izi ndwara ku buntu. Kuri ubu no mu ntara zindi iyi Siporo irakorwa.
Mu ntangiriro za 2018 ni bwo Perezida Kagame yasabye ko yajya iba kabiri mu kwezi; ku Cyumweru cya mbere cy’ukwezi n’icya gatatu.









TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!