00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasirikare bari gupfira inyungu z’amabuye y’agaciro ufite muri RDC - Makolo kuri Ramaphosa

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 3 February 2025 saa 05:47
Yasuwe :

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko imyitwarire ya Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, ntacyo ifasha mu kugeza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku mahoro, ahubwo ko abasirikare be bakomeje gupfira muri iki gihugu kubera inyungu ahafite mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ni ubutumwa Yolande Makolo yashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 3 Gashyantare 2025.

Yasubizaga ubutumwa burebure bwashyizwe hanze na Perezida Cyril Ramaphosa, ashimangira ko adateze gukura Ingabo ze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko ahubwo ari kureba uko zakongererwa ubushobozi haba mu mubare n’ibikoresho.

Ni icyemezo Perezida Ramaphosa yafashe nyuma y’uko mu Burasirazuba bwa RDC hamaze gupfira abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo. Ni mu gihe abandi baheze hafi y’Ikibuga cy’Indege i Goma, nyuma y’uko M23 ifashe uyu mujyi.

Ingabo za Afurika y’Epfo ziri muri RDC aho zifatanya n’Ingabo za RDC (FARDC) kurwanya umutwe wa M23.

Ni ubutumwa butavugwaho rumwe, kuko Cyril Ramaphosa avuga ko bugamije kugarura amahoro, mu gihe abandi bo bagaragaza ko izi ngabo ziri ku rugamba kandi M23 yiteguye kuzirasaho nk’umwanzi bari guhangana.

Abinyujije kuri X, Yolande Makolo yagaragaje ko Perezida Ramaphosa akwiriye kubwiza ukuri abaturage be ku mpamvu ingabo zabo ziri muri RDC.

Ati “Abanya-Afurika y’Epfo bakwiriye kumenya ukuri. Ntabwo uri gufasha abaturage ba RDC kugera ku mahoro. Uri kohereza ingabo zawe ngo zirwane intambara ya Perezida Tshisekedi yo kwica abaturage be. Kandi imvugo nk’izi nizo zituma Perezida wa Congo akomeje gutsimbarara, mu gihe ibibazo bikomeje kubaho.”

Yolande Makolo yakomeje agaragaza ko Perezida Ramaphosa yohereje ingabo muri RDC kubera inyungu ahafite mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Bwiza ukuri abaturage bawe ku bijyanye n’inyungu bwite ufite mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC. Ikibabaje ni uko izi nyungu ari zo abasirikare ba Afurika y’Epfo bari gupfira.”

Yolande Makolo atangaje ibi mu gihe hari amakuru avuga ko Afurika y’Epfo iri muri gahunda yo kohereza izindi ngabo n’ibikoresho muri Kivu y’Amajyepfo, aho M23 igeze mu rugamba ivuga ko rugamije kubohora Abanye-Congo by’umwihariko abavuga Ikinyarwanda bamaze igihe kinini batotezwa.

Umwuka ukomeje kutaba mwiza hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo biturutse ku magambo Perezida Cyril Ramaphosa aherutse gutangaza yita Ingabo z’u Rwanda inyeshyamba.

Ni amagambo atarihanganiwe na Perezida Kagame, yibutsa uyu mugabo ko RDF ari ingabo aho kuba inyeshyamba ndetse anamugaragariza ko niba Afurika y’Epfo ishaka ubushotoranyi ku Rwanda, na rwo rwiteguye guhangana n’ibyo bibazo mu buryo bukwiriye.

Ni nyuma y’uko Cyril Ramaphosa yari amaze kuvuga ko M23 niyongera kwica ingabo ze, bizafatwa nk’igikorwa cy’u Rwanda cyo gutangiza intambara.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yagaragaje ko imyitwarire ya Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, ntacyo ifasha mu kugeza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku mahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .