Byabaye ku wa 21 Werurwe 2025 aho iyi gymnase iri kubakwa hafi y’Akarere ka Kirehe ahahoze ikigo cy’urubyiruko.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, yabwiye IGIHE iby’iyi mpanuka, yatumye abantu babiri bitaba Imana mu gihe abandi benshi bakomeretse.
Ati “Bari barimo gusudira igisenge noneho icyuma kimwe muri bimwe biba bitambitse kiragwa, kigwira ibindi abantu bari bari hejuru barahananuka. Ubu amakuru dufite aka kanya ni uko hitabye Imana abantu babiri abandi 12 barakomereka ariko bari gukurikiranwa n’abaganga.’’
Meya Rangira yakomeje avuga ko bari mu bijyanye n’ubutabazi kugira ngo abakomeretse bakurikiranwe bavurwe neza, avuga ko hari gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka niba hari n’uburangare bwabayemo bimenyekane.
Kuri ubu abakomeretse bose bari kuvurirwa ku Bitaro bya Kirehe.
Kubaka Gymnase n’ikigo cy’urubyiruko ni umushinga mugari watangiye gukorwa mu Karere ka Kirehe.
Ibi bikorwaremezo bizuzura bitwaye miliyari 2,7 Frw yatanzwe n’Umushinga NELSAP wubatse urugomero rwa Rusumo ruhuriweho n’u Rwanda, u Burundi na Tanzania.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!