00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarwayi 2000 bagiye kubagirwa muri CHUK mu kwezi kudasanzwe

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 1 April 2025 saa 09:12
Yasuwe :

Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, byashyizeho ukwezi kudasanzwe ko kubaga no gusuzuma abarwayi bari bamaze igihe kinini ku rutonde bategereje izo serivisi, aho muri uko kwezi hazabagwa abarenga 2000.

Ni ukwezi kwatangiye ku wa 31 Werurwe 2025. Ibi bitaro bivuga ko hari abarwayi bagera ku 3500 bari bategereje izi serivisi, gusa ko uku kwezi kuzasiga 70% byabo babonye izi serivisi.

Muri uku kwezi hazatangwa serivisi zigera ku icumi zirimo kubagwa mu bwonko, mu rutirigongo, amagufa, indwara zo mu nda, indwara z’abana, kubagwa mu ruhago ndetse n’imiyoboro y’inkari ku bagabo, indwara zifata mu muhogo, mu kanwa, mu matwi n’ahandi.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa CHUK, Prof. Nyundo Martin, yabwiye RBA ko kubaga ubwonko ari byo byari bifite abarwayi benshi bategereje, kuko hari abagera kuri 470 bategereje n’abandi 965 bategereje kubonana n’umuganga.

Ubundi burwayi bufite abantu benshi ari amagufa n’abagabo bafite ibibazo by’imiyoboro y’inkari.

Ati “ Mu bafite ibibazo by’imiyoboro y’inkari, dufite abarwayi 840 bategereje, dufite n’abarwayi 380 bategereje kubagwa.”

Prof. Nyundo avuga ko uku kwezi kuzafasha kugabanya abarwayi bamaraga igihe kinini bategereje.

Uku kubagwa kuzakorerwa mu byumba umunani bigirwemo uruhare n’abaganga bagera kuri 45.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa CHUK, Prof. Nyundo Martin, yatangaje ko abarwayi barenga ibihumbi bibiri bagiye kubagwa mu kwezi kumwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .