00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarokotse Jenoside b’i Karongi basabwe kugira uruhare mu kuhateza imbere

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 23 June 2025 saa 05:47
Yasuwe :

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Muzungu Gelard, yasabye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi gusubira iwabo bakahashyira ibikorwa by’iterambere mu rwego rwo guhinyuza abateguye Jenoside bifuzaga guca gakondo yabo.

Yabitangarije mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Bukiro mu Murenge wa Murundi w’Akarere ka Karongi.

Bukiro ni ahahoze ari mu Budaha na Nyatango, ahari imisozi yahoze ituyeho Abatutsi bari bariyubatse bahafite ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Muzungu Gelard, yavuze ko Budaha na Nyatango hari hatuye Abatutsi bari bariyubatse biteza imbere Jenoside ibicamo benshi, asaba abarokotse Jenoside kongera kuhateza imbere.

Ati "Tuze tuhashyire ibikorwa, twe kujya tuza kwibuka nk’abashyitsi, abacu bishwe bazajya babibona bishime."

Meya Muzungu yavuze ko abateguye Jenoside bashakaga guca gakondo, nk’uko bigaragara mu mbwirwaruhame z’abari abayobozi, urugero Léon Mugesera wavuze ko Abatutsi bazabanyuza muri Nyabarongo.

Ati “Ndashaka ko tuhakunda tukahasubiza uko abakurambere bacu bari barahubatse, tukajya tuza kuyibukira ariko na bo bishimye.”

Perezida wa IBUKA mu Karere ka Karongi, Ngarambe Vedaste, yavuze ko mu Budaha ari ho habaye amarembo y’ingengabitekerezo ya Jenoside yinjira mu yari Perefegitura Kibuye, yaje gucengera, umwe mu bahavuka akica abatutsi basaga 300.

Ndengeyingoma Cyrille wavuze mu izina ry’imiryango ifite ababo bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Bukiro yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe, kuko yabanjirije n’ibikorwa birimo ubwicanyi bwakorewe Abatutsi n’ubwabaye mu 1.973 yiboneye, kugeza ahunze kuko bashakaga kumwica.

Ati “Abicaga Abatutsi ntibahanwaga ahubwo bagororerwaga nk’abishe, Runangu Telesphore, bamutwikiye mu nzu bagororewe amasambu ye, ndetse n’abandi bagenda bagororerwa amasambu arimo ayanjye.”

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bukiro ruruhukiyemo abarenga 200. Ni rumwe mu nzibutso Akarere ka Karongi, kazasigarana mu rwego rwo gusigasira ibimenyetso n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Meya Muzungu yasabye abarokotse Jenoside gushyira ibikorwa by'iterambere kuri gakondo yabo
Ndengeyingoma Cyrille yahinyuje abavuga ko Jenoside itateguwe
Abayobozi mu nzego zitandukanye bifatanyije n'abaturage ba Murundi mu gikorwa cyo kwibuka Abatutsi biciwe i Bukiro
Perezida wa IBUKA mu Karere ka Karongi Ngarambe Vedaste
Urwibutso rwa Jenoside rwa Bukiro ruri mu zo Akarere ka Karongi kazasigarana mu gusigasira ibimenyetso n'amateka ya Jenosode yakorewe Abatutsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .