00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga 93% bishimira serivisi bahabwa kwa muganga

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 3 April 2025 saa 10:40
Yasuwe :

Ubushakashatsi bwari buyobowe n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa by’Ubuvuzi muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Corneille Killy Ntihabose, bugaragaza ko mu 2022, abarenga 93% by’abaturage bishimiye serivisi bahabwa kwa muganga.

Ubu bushakashatsi bwashyizwe hanze ku wa 02 Mata 2025, bugaragaza ko abaturage 93.8% bishimiye serivisi yo kubonana na muganga, 92.0% bishimira serivisi itangirwa ahakirirwa indembe, 88.2% bishimira serivisi z’imiti, naho 87.2% bishimira serivisi zo muri laboratwari.

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko serivisi zo kwa muganga zikigaragaramo ibibazo ari izijyanye no kwishyura, aho 73.3% ari bo bishimira izo serivisi bonyine.

Abaturage kandi bagaragaza kutishimira ibijyanye n’uburenganzira bwabo nk’abarwayi, aho 74.3% ari bo bagaragaza ko uburenganzira bwabo nk’abarwayi bwubahirizwa.

Mu bijyanye n’aho bategerereza, abaturage bo mu Majyaruguru, Amajyepfo ndetse no mu Burengerazuba ni bo bagaragaza kwishimira serivisi bahabwa ugereranyije no mu zindi ntara, mu mijyi ndetse no mu bitaro bikomeye.

Ni mu gihe iyo bigeze kuri serivisi yo kwishyura haba mu Mujyi wa Kigali, mu Burengerazuba, mu Majyaruguru, ku barwayi bataha ndetse n’ababa mu bitaro, bagaragaza ko batishimira uburyo iyi serivisi itangwamo.

Ibitaro bikuru bishimirwa uko byitwara mu kwita ku barembye icyakora abavurwa bataha bakagaragaza ikibazo ko batishimira serivisi bahabwa. Umujyi wa Kigali unengwa ku gutanga serivisi z’imiti.

Ni ubushakashatsi bwakorewe mu turere twose tw’igihugu uko ari 30, mu bitaro bigera kuri 30. Bwari bugamije kureba uko uburenganzira bw’umurwayi bwubahirizwa ndetse n’uburyo abarwayi babona serivisi bahabwa kwa muganga.

Abakoze ubu bushakashatsi basabaga ko ahakigaragara serivisi mbi hakwiye gufatwa ingamba.

Bagize bati “Turasaba ibitaro n’amavuriro gufata ingamba zigamije koroshya uburyo bwo kwishyura, kugabanya umwanya wo gutegereza, guhugura abakozi, kuringaniza serivisi zitangwa mu byaro no mu mijyi, no gushyiraho politiki zishyira umurwayi imbere.”

Abaturage bishimira serivisi bahabwa kwa muganga ariko bagaragaza ko hakeneye kunozwa serivisi zo kwishyura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .