00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga 500 binjiye mu Mutwe w’Ingabo Udasanzwe muri RDF

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 31 January 2025 saa 08:34
Yasuwe :

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko abasirikare 531 basoje amahugurwa n’imyitozo bibinjiza mu Mutwe Udasanzwe (Special Operations Force).

Ni imyitozo n’amahugurwa bari bamaze amezi 11 bahabwa mu Ishuri rya gisirikare ry’i Nasho riherereye mu Karere ka Kirehe.

Abasoje amasomo barimo ba Ofisiye 46 n’abandi 485 bafite amapeti atandukanye.

Umuhango wo gusoza ayo masomo wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, washimye umurava n’ubwitange bagaragaje muri icyo gihe cy’amezi 11 bari bamaze bahugurwa.

Gen Muganga yavuze ko ubumenyi bahawe buzabafasha mu migendekere myiza y’akazi kabo ka buri munsi n’ubutumwa butandukanye bazoherezwamo.

Yasabye abasoje amahugurwa kurangwa n’ikinyabupfura kuko kigomba gushingirwaho mu byo bakora byose, cyane ko ari imwe mu ndangagaciro ziranga RDF.

Ati “Mugomba kugumana uwo murava n’ubumenyi mwagaragaje, aho muzatumwa hose hagamijwe kurinda ubusugire bw’igihugu. Muhore mwiteguye kwitabira ubutumwa bwose mushobora koherezwamo nk’abo mu Mutwe w’Ingabo Udasanzwe.”

Gen Muganga kandi yashimiye abarimu bagize uruhare rukomeye kugira ngo abo basirikare bahabwe ubumenyi bwose bwifuzwa, butuma bahora biteguye gutabara aho rukomeye, kandi bakuzuza inshingano nta nkomyi bijyanye.

Muri aya mezi 11 aba basirikare bo mu Mutwe w’Ingabo Udasanzwe bahawe amasomo y’ingenzi abafasha gutabara aho rukomeye, arimo kurashisha imbunda nini n’into, guhangana n’umwanzi bakoresheje imibiri yabo, kunyura mu mazi menshi nk’imigezi, ibiyaga inyanja n’ibindi, kwifashisha ikarita ku rugamba, gukusanya amakuru yose y’umwanzi no gukuraho imbogamizi zishora kubitambika mu kazi.

Bigishijwe kandi gukoresha za kajugujugu mu bikorwa bitandukanye bijyanye n’ubutumwa batumwemo, hagamijwe gutwara ingabo, ibikoresho, kugaba ibitero, byose bigakorwa mu kanya nk’ako guhumbya.

Izi ngabo z’u Rwanda zo mu Mutwe Udasanzwe kandi zahawe amasomo yose asabwa kugira ngo umuntu arwanire mu bice by’imisozi ihanamye, zigishwa uko zakurira bene aho hantu mu gihe gito cyane, uko zakwirwanaho mu bihe by’ibibazo n’ibindi bizifasha kubungabunga ubusugire bw’igihugu.

Muri ibyo birori kandi hahembwe abasirikare batatu bitwaye neza kurusha abandi, barimo Capt Sam Muzayirwa wahize abandi bose, Lt. Moïse Butati Gakwandi wahembwe nk’uwa kabiri wahize abandi mu gihe Néhémie Gakunde Kwibuka yegukanye umwanya wa gatatu.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yasabye abasoje amahugurwa yo gutabara aho rukomeye guhora barangwa n'ikinyabupfura
U Rwanda rwungutse abasirikare 531 bo mu mutwe w’ingabo udasanzwe bashinzwe gutabara aho rukomeye
Abasirikare basoje amahugurwa abinjiza mu mutwe udasanzwe bigishijwe kurashisha imbunda nto n'inini mu guhashya umwanzi
Abasirikare ba RDF basoje amahugurwa abinjiza mu mutwe udasanzwe bigishijwe uburyo bwo guhashya umwanzi hifashishijwe ikarita
Ingabo z'u Rwanda zisoje amahugurwa yo gutabara aho rukomeye kandi zigishijwe uko zahashya umwanzi zifashishije indege za kajugujugu ndetse ntizibe zakangwa n'imbogamizi y'amazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .