00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda bivuriza mu Buhinde bagabanyirizwa 15% by’igiciro cy’ubuvuzi

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 11 January 2025 saa 10:15
Yasuwe :

Ambasade y’u Rwanda mu Buhinde igaragaza ko bitewe n’umubano mwiza uri hagati y’ibihugu byombi, mu bitaro Abanyarwanda benshi bivurizamo muri icyo gihugu hashyizweho igabanyirizwa rya 15% by’igiciro cy’ubuvuzi ku ndwara zose bahivuriza.

Umujyanama wa kabiri muri Ambasade y’u Rwanda mu Buhinde, Mwepesi Emile yavuze ko imikorananire myiza y’ubufatanye hagati y’u Rwanda n’u Buhinde ari yo yatumye hashyirwaho igabanyirizwa ry’igiciro mu bitaro Abanyarwanda benshi bivurizamo mu Buhinde.

Yagize ati "Umubare munini w’Abanyarwanda baza kwivuriza mu Buhinde bivuriza mu Bitaro bya Medanta biri muri Leta ya Haryana. Bahabwa igabanyirizwa rya 15% ry’ibiciro, ku bufatanye bw’ibitaro na Ambasade y’u Rwanda."

Yakomeje avuga ko ibihugu byombi byazamuye umubano ku rwego rwo hejuru mu bijyanye n’ubufatanye mu nzego zose.

Yatangaje ko indwara ziza ku isonga mu zo Abanyarwanda bajya kwivuza mu Buhinde ari kanseri, gusimbuza ingingo zirwaye, kubagwa amagufa no kwivuza umutwe udakira.

Igiciro cyo gusimbuza impyiko muri ibyo Bitaro bya Medanta biri mu Murwa Mukuru New Delhi, kiva ku bihumbi 12$ kugeza ku bihumbi 15$ (ari hagati miliyoni 16.764 Frw na miliyoni 20.955 Frw).

Bisobanuye ko Umunyarwanda ujya gusimbuza impyiko mu Bitaro bya Medanta yagombaga kwishyura miliyoni 16.764 Frw agabanyirizwa akishyura 14.249.400 Frw, bivuze ko iyo 15% aganyarizwaho arenga miliyoni 2.5 Frw.

Mugabo Yvette ni umwe mu bagiye kuvuza umubyeyi we mu Bitaro bya Medanta binivurizamo n’abandi Banyafurika, aho avuga ko yahamaze ukwezi kumwe kandi ko serivisi bahawe kuva bagera Buhinde zari nta makemwa.

Aganira na RBA yagize ati “Twageze ku kibuga cy’indege mu masaha ya nijoro cyane, ibitaro byohereza imodoka iza kudufata itujyana kuri hoteli ducumbitsemo. Kubera umubano mwiza igihugu cyacu gifitanye n’u Buhinde mu buvuzi, badukurikirana neza ndetse ku Banyarwanda hari igabanyirizwa ku biciro badushyiriyeho. Twasanze u Buhinde bwita ku barwayi cyane hakagira igihinduka."

Imitangire myiza ya serivisi mu bitaro byo mu Buhinde ishingiye ku kuba ari igihugu gifite ikoranabuhanga riteye imbere mu buvuzi ndetse n’ibitaro bifite uburambe n’inzobere mu kuvura indwara zikomeye ku rwego rw’Isi.

Ubushobozi bw’’bikorwaremezo by’ubuvuzi mu Buhinde bumaze igihe kinini kuko nk’Ibitaro byitwa Apollo biri i New Delhi byubatswe mu 1986 bifite abaganga ibihumbi umunani, farumasi nyinshi n’ibitanda byakira abarwayi ibihumbi 10.

U Buhinde bufite ubuvuzi buteye imbere mu ndwara zitandukanye zirimo iz’umutima, kanseri, gusimbuza ingingo, ubugororangingo, kubaga ibibyimba, kubaga umugongo n’izindi.

Abanyarwanda bari hagati ya 20 na 30 boherezwa kwivuriza mu Buhinde buri kwezi.

Abanyarwanda bivuriza mu Buhinde bemerewe igabanyirizwa rya 15%

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .