00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda bishimiye ibikorwa bya Amstel muri Tour du Rwanda 2025

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 2 March 2025 saa 09:23
Yasuwe :

Imyaka ibaye itanu, uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc rubaye umwe mu baterankunga bakuru ba Tour du Rwanda, rubinyujije mu kinyobwa cyarwo cya Amstel.

Nk’uko bisanzwe, muri iri siganwa ry’uyu mwaka, Amstel yongeye gutegura ibitaramo biriherekeza bizwi nka ‘After Party’.

Iri siganwa ryakinwaga ku nshuro ya 17 kuva ribaye mpuzamahanga, ryasojwe ku Cyumweru, tariki 2 Werurwe 2025 ryegukanwe n’Umufaransa Fabien Doubey ukinira Ikipe ya TotalEnergies.

Bamwe mu bitabiriye ibirori byariherekezaga bagaragaje ko babyishimiye cyane.

Niyonkuru Emmanuel wo mu Karere ka Rubavu yatangaje ko yishimiye kubona umuhanzi Yampano uri mu bagezweho muri iyi minsi.

Ati “ Nishimye cyane. Twaririmbiwe na Yampano uri kuduha ibigoma birenze muri iyi minsi. Turashimira Amstel yamutuzaniye ku buntu.”

Hirwa Bruce yatangaje ko yishimira cyane ibi bitaramo kuko bibafasha kubona ubushyuhe mu mujyi wabo.

Ati “Ibi bitaramo ni byiza cyane. Urabona abantu baba biriwe ku mihanda rero ni mugoroba tubona aho kwicira icyaka mu buryo butandukanye n’ubusanzwe.”

Ubuyobozi bwa Bralirwa bwatangaje ko ibikorwa nk’ibi bishimisha abantu ndetse bigatuma basabana aribyo Amstel iba igamije kandi ibereyeho. Bwateguje kandi udushya twinshi mu isiganwa ritaha.

Uretse ibikorwa nk’ibi, muri Tour du Rwanda, Amstel ihemba umukinnyi mwiza w’umunsi (uwegukanye agace k’uwo munsi).

Amstel ihemba umukinnyi mwiza w’umunsi
Amstel iba itanga ibyo kunywa ahasorezwa isiganwa
Amstel yitabiriye Tour du Rwanda ku nshuro ya gatanu
Miss Muyango ni umwe mu bagiye bayobora ibi bitaramo
Abanyarwanda bishimiye ibikorwa bya Amstel muri Tour du Rwanda 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .