00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda batuye mu Bubiligi bagiye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 19 February 2025 saa 07:59
Yasuwe :

Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bubiligi DRB-Rugari uri gutegura igikorwa ngarukamwaka cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore.

Ni igikorwa gikomeye kizahuriza hamwe Abanyarwandakazi bibumbiye muri DRB-Rugari barimo abahakorera, abahiga n’abatuye n’inshuti zabo.

Biteganyijwe ko uwo munsi uzabera mu Mujyi wa Bruxelles ku wa 08 Werurwe 2025.

Abo bagore bazaba bizihiza intambwe imaze guterwa mu kwimakaza ihame ry’uburinganire, uburenganzira, no kubakira abagore ubushobozi byashyizwemo imbaraga hirya ni hino ku Isi.

Iki gikorwa kiri gutegurwa k’ubufatanye na Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi.

Uretse ibiganiro kandi abagore baba mu Bubiligi bazagira umwanya w’ubusabane, mu mbyino n’indirimbo za Kinyarwanda

Nkuko abategura iki gikorwa babivuga, kiba ari umwanya mwiza wo kongera guhura, guhanahana amakuru ku ngingo zitandukanye no kumenyana.

Uyu mwaka DRB-Rugari ifatanyije n’Ikigo ‘Team Production’ kizobereye mu gutegura ibitaramo no gutumira abahanzi b’Abanyarwanda n’abandi Banyafurika kuza kwerekana ubumenyi bwabo mu Burayi.

Abayobozi ba DRB-Rugari bakomeza bagira bati: Uyu Munsi Mpuzamahanga wahariwe Umugore ntiwaba mwiza utitabiriwe ngo wizihizwe n’Abagore n’Abagabo.”

Amafoto yerekana uko Umunsi Mpuzamahanga w’Abahore witabirwa ukaba gahuzamiryango muri DRB-Rugari mu Bubiligi ( amafoto yo muri 2023)

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .