Aba bakozi basobanuriwe amateka yaranze aka gace kuva mu 1959 kugeza ubwo Jenoside yashyizwe mu bikorwa muri Mata 1994.
Basangijwe kandi amateka yihariye y’uko Abatutsi bari bahungiye kuri Kiliziya ya Ntarama bishwe urw’agashinyaguro kandi bari bizeye ko ari ho barabona amakiriro.
Nyinawumuntu Clementine wo mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Ntarama, yatanze ubuhamya bw’uburyo yarokotse ari umwe mu bana barindwi bavukanaga ndetse na we agasigarana ubumuga.
Ati “Twari twahungiye hano kuri Kiliziya ya Ntarama twizeye ko byibura Interahanwe zihatinya kuko ari mu nzu y’Imana ariko byarangiye bahagize ibagiro ry’Abatutsi.”
Visi Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya COPEDU Plc, Ntabwoba Joseph, yihanganishije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ababwira ko bari kumwe na bo ndetse bazahora hafi.
Ati “Abateguye n’abakoze Jenoside bashatse kubamara ariko ntimwashize. Icyiza cyatsinze ikibi, umucyo watsinze umwijima ndetse ubuzima bwatsinze urupfu mukomere kandi mukomeze Kwibuka mwiyubaka.”
Ntabwoba yasabye urubyiruko kuba imbere mu guharanira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi, barwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse baharanira kumenya amateka kugira ngo bazakomeze guhangana n’abakomeza kuyayagoreka.








TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!