Ni ubufatanye bwatangijwe binyuze mu bukangurambaga buzwi nka ‘Life inside Ayoba’ bugamije gukomeza gufasha abantu gusobanukirwa uko ikora iyi application ikora.
Ubu bukangurambaga biteganyijwe ko buzakorerwa kuri televiziyo, radiyo ndetse n’indi miyoboro igezweho muri Nzeri, aho abantu bazasobanurirwa uko iyi application yoroshya ibintu ndetse n’ibyiza byo kuyikoresha.
Olivier Prentout ukuriye Ishami rishinzwe Imenyekanishabikorwa muri Ayoba, yavuze ko kuva umwaka watangira bafite gahunda yo gukomeza kumenyekanisha umuyoboro wabo.
Ati “Twizera ko application yacu izagera kuri benshi ku Mugabane wa Afurika, uretse kuba imyaka ibiri ishize turi ku isoko ndetse no ku miyoboro itandukanye igezweho, dukeneye kugera hejuru yabyo tuzamura igicuruzwa cyacu. Mu kubaka ubukangurambaga tugombaga kureba ku cyatuma Abanyafurika bunga ubumwe kurusha icyabatandukanya. Dushaka kubereka ko babona buri kimwe bakeneye muri application yacu.”
Umukozi ushinzwe Abakiliya muri MTN Rwanda, Yaw Ankoma Agyapong, yavuze ko ubu bukangurambaga bwari bukenewe ku mpande zombi.
Ati “Mu bihe abantu batemerewe kwegerana, Ayoba igufasha gusabana n’abawe muganira mwandikirana, kubahamagara, umuziki, imikino, amakuru n’ibindi bintu byinshi bishimishije.”
Gukoresha Ayoba ikunze kwitwa ‘App ifite byose’ bisaba kujya muri telefoni yawe aho usanzwe ukorera ‘download’ ya application, ubundi ukayishakisha.
Ayoba yatangijwe muri Gicurasi 2019, ubu ifite abayikoresha buri kwezi barenga miliyoni umunani.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!