00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore b’aba-agents bishimira iterambere bagezeho kubera gukorana na Equity Bank Rwanda

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 17 March 2025 saa 10:36
Yasuwe :

Abagore n’abakobwa bakorera Equity Bank Rwanda nk’aba-agents, bagaragaje ko bishimira uburyo bakorana n’iyi banki kuko yabafashije kwiteza imbere bakikura mu bukene.

Ukwezi kwa Werurwe buri mwaka Isi yose iba izirikana uruhare rw’abagore mu iterambere ry’Isi n’imibereho myiza ya muntu. Equity Banki Rwanda iri mu bafite abagore benshi bakorana mu rwego rw’imari ndetse bemeza ko byabahinduriye ubuzima.

Umwe mu ba-agents ba Equity Bank Bank, Mukaneza Françoise, yabwiye IGIHE ko yatangiye gukorana n’iyi banki mu 2016 atangiranye igishoro cy’ibihumbi 500 Frw, ariko binyuze mu nguzanyo iyi banki igenda igenera aba-agents bayo ndetse no gukorana na yo neza, bituma agera ku gishoro cya miliyoni 15 Frw.

Yakomeje avuga ko mbere yo gukorana n’iyi banki, ubuzima bwari bugoye ariko kuri ubu yiteje imbere kandi mu buryo bugaragara.

Ati “Mbere ntarakorana na Equity Bank nakoreraga abandi, nyuma nza kubona amafaranga make nsaba kuba umu-agent wa Equity. Nyuma yaho naje kwiteza imbere nk’umuntu uba mu Mujyi wa Kigali nabaga mu nzu nkodesha, ariko ku bwo gukorana na Equity ndetse no kuba umu-agent wayo bagenda baduha amahirwe atandukanye, bakaduha inguzanyo kugira ngo twongere igishoro twari dufite, bityo naje kubona aho gutura.”

Mukaneza yahamije ko umwuga akora utareba ibyo umuntu yize ahubwo banki ishyira imbere gufasha buri wese kugira ngo yiteze imbere, birimo no gufasha abakorana nayo mu rwego rwo kubona amahugurwa ku bijyanye na serivisi z’imari.

Benemariya Ernestine na we yabwiye IGIHE ko yatangiye gukorera Equity mu 2016 afite igishoro cy’ibihumbi 700 Frw gusa.

Nyuma y’imyaka icyenda akorana n’iyi banki, amaze kugera ku gishoro cya miliyoni 20 Frw. Yabashije kwigurira ikibanza ndetse mu bihe biri imbere ateganya kubaka inzu.

Yagize ati “Akazi cyangwa inzu ni icyo uyiririyemo, ushobora kureba akazi k’umuntu ukabona karasuzuguritse kandi ari ko kamutunze ari na ko kamugize uwo ari we, ndetse rimwe na rimwe kaninjiza menshi kurusha ako wowe ubona kadasuzuguritse.”

Equity bank Rwanda yafashije Benemariya Ernestine kwiteza imbere ku buryo ageze ku gishoro cy’agera kuri miliyoni 20 Frw
Mukaneza Françoise yavuze ko mu kazi bakora banki ibaba hafi
Equity bank Rwanda yafashije Benemariya Ernestine kwiteza imbere ku buryo ageze ku gishoro cy’agera kuri miliyoni 20 Frw
Benemariya ari gutanga serivisi ku bakiriya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .