00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ababyeyi bahawe amahirwe yo gusura Ntare Louisenlund School

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 25 March 2025 saa 02:23
Yasuwe :

Ababyeyi n’abana babo baturutse hirya no hino basuye Ishuri rya Ntare Louisenlund School (NSL), aho batangajwe ndetse bishimira imyigishirize y’iki kigo, cyane ko ari ishuri rishyira imbere amasomo ajyanye na siyansi kandi ritanga ubumenyi buri ku rwego mpuzamahanga.

Ibi byavuzwe na bamwe mu babyeyi basuye iri shuri ku wa 22 Werurwe 2025, biturutse ku mahirwe yari yashyizweho ku bifuza kurisura bose. Ababyeyi n’abana barisuye batemberejwe ibice bitandukanye ndetse basobanurirwa imikorere yaryo.

Umwe mu babyeyi basuye iri shuri, Nkuranga Alphonse, yabwiye IGIHE ko icyo yakunze ari uko rifite uburezi bwibanda ku munyeshuri ku giti cye (Student centered Learning).

Muri ubu buryo bwo kwigisha, umunyeshuri ahabwa umwanya w’ingenzi mu myigire.

Ni we ugaragaza uruhare runini mu kumenya, gutekereza no gukemura ibibazo, mu gihe umwarimu amufasha akamuyobora kandi akamuha ibikoresho bikenewe kugira ngo yige neza.

Nkuranga yakomeje avuga ko ikindi gishya yabonye muri iri shuri, ari uburyo abana badahabwa amasomo yo mu ishuri gusa ahubwo bagira n’ubundi bumenyi ku ruhande, nko kudoda n’ibijyanye n’imideli, ubugeni burimo gushushanya, kubaza n’ibindi.

Nkuranga yavuze ko iri shuri riri ku rwego rwo hejuru, asaba abandi babyeyi kuzaza bakihera ijisho.

Yagize ati “Icyo nasaba ababyeyi ni ukuza kwirebera ndetse bakazana n’abana babo, buriya wahageze ugakunda ibyaho bituma utekereza ku buryo umwana wawe na we yahagera.”
Umuyobozi wa Ntare Louisenlund, Damien Paul Vassallo, yavuze ko gushyiraho umunsi nk’uyu, ababyeyi n’abana bajya gusura ishuri, bibaha amahirwe yo gushira amatsiko, bakandikisha abana bazi neza ibyo ishuri ritanga.

Yakomeje avuga ko yizeye ubushobozi bw’ishuri ayobora ndetse ko bakora ibishoboka byose kugira ngo abanyeshuri babone ubumenyi bwose bakenera.

Yagize ati “Nizera ko abanyeshuri biga muri Ntare Louisenlund babona ubumenyi bwiza bushoboka, buzabafasha kugera ku ntego n’inzozi zabo z’ahazaza, niba hari utabyizeye azaze yirebere.”

Ntare Louisenlund, ni ishuri ryatangiye mu 2024. Kugeza ubu rifite abanyeshuri bakabakaba 140.

Ryubatswe ku gitekerezo cy’abanyeshuri bize mu ishuri ryisumbuye rya Ntare School ryo muri Uganda barimo Perezida Paul Kagame na Perezida Yoweri Kaguta Museveni uyobora Uganda.

Ni ishuri riha amahirwe impano z’abana izo ari zose haba mu bijyanye n’imyitozo ngororamubiri kuko rifite ibibuga birimo icy’umupira w’amaguru, Basketball, cricket, volleyball n’ibindi.

Si ibyo gusa kuko haba n’amashuri yigisha ibijyanye n’ubudozi no guhanga imideli, gushushanya no gukora ibintu binyuranye mu mbaho nk’imitako, imikino ya karate, kubyina ndetse n’abakunda imikino yo koga ntibasigaye.

Iri shuri ryubatswe mu Mudugudu wa Musagara, Akagari ka Kanazi mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera.

Niba ushaka kwiyandikisha kwiga muri iri shuri kanda hano.

Ntare Louisenlund School ni ishuri ryigwamo n'abana b’abahanga bahize abandi
Ntare Louisenlund iri mu mashuri yubatse mu buryo bugezweho mu Rwanda
Abana basuye iki kigo bahawe n'umwanya wo kwidagadura
Mu masomo atangwa muri NLS harimo ajyanye na mudasobwa n'ikoranabuhanga
Abanyeshuri bakina Volleyball nabo ntibasigaye
Ababyeyi basuye iri shuri beretswe ndetse banasobanurirwa uko abanyeshuri biga
Ababyeyi basobanuriwe imikorere y'iki kigo
Abanyeshuri bahabwa ibiryo bitekanywe isuku
Abanyeshuri bakunda Karate nabo bashyizwe igorora
Habayeho umwanya wo gusangira ibitekerezo hagati y'ababyeyi, abayobozi ndetse n'abanyeshuri
Abanyeshuri ba NLS bakora imitako inyuranye mu mbaho
Abana nabo bahawe umwanya babaza ibibazo byose bifuza kumenya kugira ngo bahabwe amahirwe yo kwiga muri iri shuri
Iki gikorwa cyitabiriwe n'ababyeyi baturutse hirya no hino bifuza kurerera muri iri shuri
Abanyeshuri basobanuriye ababyeyi uko biga
Mu masaha atari ayo kwiga amasomo asanzwe, abana bashobora kujya kwiga ibijyanye n'ubudozi kuko iri shuri rifite ibikoresho byose nkenerwa
NLS ifite uburyo bw’imyigire bugezweho
NLS ni ishuri rishyira imbere ibijyanye n’imibereho y’abanyeshuri ndetse ahafatirwa amafunguro hateguwe neza
Umwe mu babyeyi basuye iri shuri, Nkuranga Alphonse, yavuze ko icyo yarikundiye cyane ari uko rifite uburezi bwibanda ku munyeshuri ku giti cye
Umunyeshuri asobanurira ababyeyi uburyo biga NLS
Umuyobozi wa Ntare Louisenlund School, Damien Paul Vassallo, asobanurira ababyeyi uburyo ishuri ryigishamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .